Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Indwara zifite aho zihuriye na "Stress" zariyongereye muri Guma mu Rugo-RBC

Monday 7 March 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Umuyobozi w’ishami ry’Ubuzima bwo mu mutwe, Dr.Yvonne Kayiteshonga yatangaje ko mu bugenzuzi bakoze ku ngaruka za COVID-19 mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe mu Banyarwanda, basanze indwara zifite aho zihuriye na Stress, iyi ifatwa nk’umunanira w’ubwonko kubera ibyo umuntu asabwa adafitiye ubushobozi, zariyongereye muri Guma mu Rugo.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Werurwe 2022, mu kiganiro iri shami ryahaye abanyamakuru, hagarukwa ku bijyanye n’uko ubuzima bwo mu mutwe buhagaze mu Banyarwanda.

Dr Kayiteshonga, nubwo atagaragaje imibare y’ibyo babonye mu mavuriro, yavuze ko muri za Guma mu Rugo zagiye zifatwa abantu bafite ibibazo byo mu mutwe bituma n’abashoboraga kujya kwivuza no guhabwa izindi serivisi zijyanye nabyo bagabanuka mu bigo by’ubuvuzi.

Akomeza agira ati “Ariko ku bashoboye kugera kwa muganga, izo ndwraa zifitanye isano na Stress zariyongereye. Ariko nabyo dushimishwa nuko bageze kwa muganga bakaba bafashwa.”

Ikindi ishami ry’ubuzima bwo mu mutwe rivuga ryabonye cyakurikiye ubwo bwiyongere bw’indwara zifite aho zihuriye n’ubuzima bwo mu mutwe ni abagerageje kwiyambura ubuzima, bizwi nko Kwiyahura.

Dr. Kayiteshonga yagize ati “Abo twabonye kwa muganga; nabyo inkuru nziza ni uko babujijwe kuba bakiyahura kuko iyo ugeze kwa muganga bisa nkaho nawe inshingano uzishyize mu maboko y’umuganga, aragufashije, usimbutse icyo gice ukomeje ubuzima.”

Dr. Kayiteshonga yavuze ko nubwo mu Rwanda batarakora ubushakashatsi ngo barebe ingaruka za covid-19 ku banyarwanda, ariko mu bindi bihugu aho babukoze basanze ihungabana iki cyorezo cyateye abantu bakiburiyemo ababo batazatinda muri iryo ihungabana nk’ihungabana abantu batewe no kubura ubushobozi bw’imibereho bitewe n’iki cyorezo.

Ushinzwe ubuvuzi bwo mu mutwe, Dr Iyamuremye Jean Damascene yavuzeko ubuvuzi bw’ubuzima bwo mu mutwe buhari kuva ku rwego rw’umujyanama w’ubuzima kugeza u bitaro bikuru byose ndetse mu mezi make ari imbere hagiye kuboneka ikigo kihariye mu kuvura indwara zo mu mutwe, cyubatse mu mujyi wa Kigali, Kinyinya.

Ku Rwanda ho rwabirebeye hafi rusyiraho ikigega nzahurabukungu, ERF, cyafashije abikorera kubona amafaranga abafasha kuzahura ibikorwa byabo byazahajwe na COVID-19, abafatantabikorwa ba Leta nabo, bamwe na bamwe bagenda bafasha abacuruzi bato bato kubona amfaranga yo gukoresha y’ubuntu cyane cyane nk’abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwari butunze imiryango ariko bugahagarara muri za Guma mu Rugo n’abandi bambukiranyaga imipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu.

Byagaragaye ko kimwe cya kabiri cy’indwara zi mu mutwe zitangira mbere gato y’imyaka 14 naho ¾ byazo bigatangira ku myaka 20 y’amavuko.

Mu Rwanda ubushakashatsi bwerekanye ko 10.2% by’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 18 bafite uburwayi bwo mu mutwe, 11.9% by’Abanyarwanda na 32% by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite indwara y’agahinda gakabije (Depression) mu gihe 3.6% by’Aabanyarwanda na 28% by’abarokotse Jenoside bagaragayeho indwara y’ihungabana.

Ishami ry’umuryango w’Abibumbye OMS rivuga ko bavuga ko umuntu afite ubuzima bwiza bwo mu mutwe igihe uba umerewe neza ku buryo umuntu ashobora gukoresha ubushobozi bwe mu guhangana n’ibimugora mu buzima, agakora akoteza imbere, akanateza imbere umuryango n’igihugu muri rusange.

Ikizwi ni uko Uburwayi bwo mu mutwe ni uburwayi nk’ubundi, uwo bwagaragayeho iyo yitaweho hakiri kare aravurwa agakira.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru