Abantu bagera kuri 60 bishwe n’imyuzure n’inkangu byaturutse ku mvura nyinshi yaguye mu karere ka Gamo Zone mu majyepfo ya Ethiopia, nkuko bitaganzwa n’inzego z’ubuyobozi muri ako gace.
Abayobozi batangaje ko benshi muri abo bantu bapfiriye mu turere tw’imisozi miremire, aho ubutaka bw’imisozi ihanamye bwatose kubera amazi bugahirima nyuma y’imvura nyinshi yari imaze iminsi igwa. Abandi barenga 90 baburiwe irengero.
Mu minsi ya vuba aha ishize, imvura nyinshi yateje imyuzure henshi muri Afurika y’uburasirazuba. Abantu barenga 40 barapfuye muri Kenya ihana imbibi na Ethiopia mu majyepfo.
Ibigo by’iteganyagihe bivuga ko imiyaga ikomeye irimo kurushaho kugira imbaraga muri aka karere, ku ruhande rumwe bitewe n’ihindagurika ry’ikirere.
Guverineri wa leta y’akarere k’amajyepfo ka Ethiopia yihanganishije imiryango yabuze ababo.
Mu itangazo yasohoye ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook ku mugoroba wo ku wa kabiri, ubwo abapfuye bari bakiri 30, Guverineri Tilahun Kebede yagize ati:
“Mu izina ryanjye bwite no mu zina rya leta [guverinoma] y’akarere, mbabajwe cyane n’urupfu rw’abantu 30 bitewe n’inkangu n’imyuzure mu misozi miremire ya Gamo Zone kubera imvura nyinshi.”
Abategetsi bavuze ko ibyo byago byakurikiye imvura nyinshi yari imaze igihe igwa mu turere dukikije ako karere.
ChadadiHabimana















