Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Bashimiye Perezida Kagame waborohereje mu buhahirane

Friday 22 November 2024
    Yasomwe na

Abaturage bo mu mirenge ya Shingiro na Musanze bo mu karere ka Musanze bavuga imyato Perezida Kagame, bishimira ko yaborohereje mu buhahirane nyuma y’uko abubakiye ikiraro gihuza iyi mirenge yombi, cyuzuye gitwaye amafaranga asaga miliyoni 62 Frw.

Bamwe mu baturage baganiye na mamaurwagasabo.rw bemeza ko ubuhahirane bugiye kwiyongera ngo Kuko bagorwaga no kunyuza imyaka Kuri iki kiraro kubera ko kitari kijyanye n’igihe cyari cyarashaje.

Uwineza Marie Claire yagize ati"Twari dutewe impungenge n’iki kiraro kubera ko abana bajyaga ku ishuri tugasigara dufite imitima y’uko batari butahe amahoro, ariko ubu turishimye kandi turashimira Perezida wacu Paul Kagame ukomeje kutugeza ku iterambere, tuzagifata neza nk’uko babidusabye."

Undi muturage wo mu murenge wa shingiro nawe yagize ati" Twebwe dukora ubuhinzi ariko kugeza umusaruro ku isoko byari bitubereye imbogamizi ikomeye kubera iki kiraro, ikindi ntabwo byatworoheraga kwambuka uyu mugezi imvura yaguye, ababyeyi , abana kugwamo ndetse n’abantu bakuri, Ariko tubonye ikiraro cyiza , n’imodoka amagare yikoreye imyaka bizajya bihanyura ntakibazo."

Aba baturage bakomeza bavuga ko bazakomeza gufatanya n’akarere mu gusigasira iki kiraro gishya bubakiwe n’akarere ku bufatanye na Bridges to Prosperity.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Uwanyirigira Clarisse yasabye aba baturage kuzafata neza iki kiraro ndetse ngo nubwo bubakiwe iki kiraro harimo umuterankunga ngo ibindi bizubakwa n’abaturage nabo babigizemo uruhare.

Ati"Iki kiraro cyubatswe ku bufatanye na Bridges to prosperity, ariko turashaka ko ibindi bisigaye bizubakwa ku bufatanye bw’abaturage, abafundi turabafite bahuguwe, iki kiraro kandi kije koroshya ubuhahirane hagati y’umurenge wa Shingiro na Musanze, Baburaga uko bambuka bagiye gufata umusaruro ariko ubu bigiye koroha, turasha abaturage kuzafata neza iki kiraro."

Visi Meya ushinzwe ubukungu yakomeje agira ati"Ubu abana bagiye kujya bajya kwiga bafite umutekano kubera mu minsi yashyize hari uwaguye muri Iki kiraro aza kwitaba Imana ,Hano hegeranye n’ibigo by’amashuri, ubu rero kije gukemura ibibazo byinshi."

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko muri iyi ngengo y’imari bateganya kubaka ibiraro mu mirenge itanu, ariyo Nkotsi, Rwaza, Muhoza, Kamonyi , Shingiro na Musanze, ngo byose bizatwara bizatwara ingengo y’imari ingana na Miliyoni 625.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru