Iteka rya Perezida ryerekeye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ryasohotse ku wa Mbere tariki 11 Ukuboza 2023.
Ni amatora akomatanyijwe agiye gukorwa bwa mbere mu Rwanda, kuko byari bisanzwe buri rwego rugira igihe cyarwo cy’amatora.
Aya matora yahujwe hagamijwe kugabanya ikiguzi byatwaraga ngo amatora abe.
Aya matora ahujwe kandi mu gihe na manda ya perezida uzatorwa izamara imyaka itanu kimwe n’iyo abadepite bamara kuri uwo mwanya.


















