Izamuka ry’ibiciro mu mijyi yo mu Rwanda ryageze kuri 20,1% mu Ukwakira 2022 ugereranyije Ukwakira 2021.
Ikigo Cy’Ibarurishamibare NISR cyavuze ko byatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 39,7%.
Ni izamuka ry’ibiciro rikomeje kwibasira isi muri iki gihe kubera ingaruka zifitanye isano n‘icyorezo cya COVID-19, intambara y’u Burusiya na Ukraine n’umusaruro w’ubuhinzi ukomeje kutifata neza.
Igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi. Muri Nzeri 2022, ibiciro byari byiyongereyeho 17,6%.
NISR yatangaje ko mu Ukwakira 2022, "ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 39,7%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 8,9%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 13,6% n’ibiciro by’amacumbi n’amafunguro byiyongereyeho 18,6%."
Urebye mu byaro, mu Ukwakira 2022 ibiciro byiyongereyeho 39,2% ugereranyije n’Ukwakira 2021. Muri Nzeri 2022 byari byiyongereyeho 28,5%.
Isi ikomeje guhura n’izamuka rikabije ry’ibiciro, nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 cyari cyatumye bigwa cyane guhera mu 2020.
Iki cyorezo cyatumye ibikorwa byinshi bifungwa, abantu bategekwa kuguma mu rugo. Icyo gihe imipaka myinshi yarafunzwe, imodoka n’indege biraparikwa, ku buryo nta waguraga lisansi cyangwa mazutu, uretse wenda iyo gutuma moteri y’imodoka yakira mu rugo, ngo hato itagwa umugese.


















