Abasirikare kabuhariwe, "Special Forces" zizwi nka Hiboux (ibihunyira) b’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bamaze gusiga ubuzima mu rugamba rutoroshye igihugu gihanganyemo n’umutwe w’inyeshyamba za M23 zisaba leta kwirukana imitwe ihungabanya amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bw’igihugu.
Mu mwaka urenga uru rugamba ruturutse Bunagana, M23 imaze kwigarurira ibice bizungurutse umujyi wa Goma, ubu Imirwano ikomeye igeze muri Kanyabayonga.
Iyi mirwano itoroheye FARDC n’abo bihuje barimo ingabo za SADC, iz’u Burundi, iza yasize umuhanda uturuka muri Rwindi n’uva i Kibilizi yose igenzurwa na M23.
Izo nzira zombi zari zikikijwe n’ibirindiro by’ingabo zidasanzwe za FARDC zizwi ku izina rya ” Hiboux” n’abandi bambari ba Guverinoma ya RD Congo.
Gusa umuhanda uhuza Kaina na Butembo uracyagenzurwa n’Ingabo za SADC zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo.
Umwe mu bari hafi y’iyo mirwano, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2024, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ingabo za Congo zikomeje kohereza ibisasu buhumyi.
Avuga ko FARDC iri gukoresha imbunda ziremereye zirimo “Katyusha”, “BM” n’izindi bifashisha barasa mu ntera ndende.
Mu mirwano yo ku Cyumweru habarurwa abagera kuri 40 mu ngabo zidasanzwe “HIBOUX” basize ubuzima mu nkengero za Kanyabayonga.


















