Umunyamakuru umwe amaze kwitaba Imana abandi bari mu bitaro bazira ibiryo bihumanye.
Ni abanyamakuru b’Ikigo cy’ibitangazamakuru bitandukanye, Royal Media Services (RMS), barogewe mu mafunguro bagemuriwe ku kazi.
Umuyobozi Mukuru w’icyo kigo, RMS, kibarizwamo Citizen TV, InooroTV, RamogiTV ndetse na Radio 14, yatangaje ko ku munsi wa Noheli aribwo bamwe mu bagize ubuyobozi ndetse n’Abanyamakuru barogewe mu mafunguro bazaniwe ku cyicaro gikuru cy’iki kigo.
Yagize ati: ”Mu buryo bwo gupanga imikorere mu minsi y’ibiruhuko,mu kigo twashatse sosiyete yigenga igemurira amafunguro abakoze ku munsi wa Noheli. Ku munsi wa kurikiye Noheli, nibwo bamwe mu bakozi batangiye kuvuga ko bari kuribwa mu gifu nyuma yo kurya amafunguro yagemuwe, nyuma umwe yitaba Imana."
Yongeraho ko ubu bamwe barembeye mu bitaro,ndetse bakomeje gukurikirana cyane no gufasha abagizweho ingaruka n’aya mafunguro bikwekwa ko yari ahumanije.
Inzego zishinzwe Umutekano ziri gukora iperereza kuri iki kibazo ngo zirebe nyirabayazana wacyo niba ari umugambi mubisha cyangwa ari umwanda usanzwe uboneka mu biryo bitateguranywe isuku neza.





















