Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Kenya: Polisi imaze kurasa umwe utari mu bigaragambya

Monday 20 March 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo irimo kuba, abo bari kumwe batangaza ko polisi yamwibeshyehi kuko atari umwe mu bigaragambya.

Iyi ni imyigaragambyo ikomeye yatumijwe na Kandida Perezida Raila Odinga ku mpamvu yavuze ko ari izo kwerekana ko barambiwe izamuka ry’ibiciro n’ubuzima buhenze ku banya-Kenya, ndetse n’uburiganya avuga ko bwakozwe mu matora yagejeje Perezida William Ruto Samouel ku butegetsi.

Uyu warashwe yarasiwe ahari kubera imyigaragambyo hafi y’urusisiro rwa Kibera runini muri Kenya, mu Murwa Mukuru wa Nairobi.

Abakoraga ubucuruzi hari aho bavuze ko uwarashwe yari umukanishi w’ibinyabiziga atari umwe mu bigaragambya.

By’amahire, uwarashwe yahise yihutanwa kwa muganga kuri moto kugira ngo ahabwe ubutabazi bukenewe.

Kugeza ubu ntacyo Leta ya Kenya iratangaza kuri uko kuraswa k’uwitiranyijwe mu bigaragambya.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru