Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Kicukiro: Umuryango warwaye COVID19 waburiye abagikirensa iki cyorezo

Saturday 27 November 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Kimwe n’ahandi mu gihugu hatandukanye icyorezo cya COVID19 cyageze, mukarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali hari umuryango ugizwe n’umugabo n’umugore bakuze barwaye COVID19 mu buryo bavuga ko bwabatunguye ariko uburyo babyitwayemo ngo byatumye n’abaturanyi bahigira isomo ubu bakaba baburira abagikerensa icyo cyorezo.

Mamaurwagasabo yasuye umwe mu miryango yo mu murenge wa Gatenga mu kagari ka Nyanza mu mudugudu wo Juru ho mu karere ka Kicukiro wagize ibyago yinjirwamo na virusi ya Corona muri uyu mwaka, ubwo hadukaga inkubiri ya kabiri ya covid19 ya virusi yihinduranyije ya Delta.

Bemeye gutangaza amazina yabo ngo abumva ubwo buhamya babazi bahamye ko ibyo bavuga ari byo.

Nzeyimana Pierre na Mukakagina Verediene, bavuze ko kugeza ubu na mbere, ibintu byo gupinga corona biriho kandi byeze ariko kugeza ubu mu Rwanda nta muturage wakabaye agikerensa COVID19 kuko hari benshi bayirwaye ndetse hari n’abo yatwaye ubuzima abandi ikabasiga ari imfubyi.

Nzeyimana yagize ati “Ibyabaye ku bantu ntibyabaye ku nyamanswa. Iyi ubona inzego zose zarakoze uko zishoboye ntabwo ari ukuvuga ko ibyo bintu bidahari, uwumva ko bidahari ubwo nawe afite ukundi abyumva ariko noneho njyewe ndagira ngo nkumenyeshe ko covid19 irahari.”

Akomeza avuga ko mu mateka azi y’ibyorezo nka Sida byaduka mu 1981 yariho nabwo abantu batarayimenya bakiyitiranya n’amarozi, igituntu k’ikirogano n’ibindi bigatuma n’indwara bakomeza kuyihererekanya basuzuguye uburyo yanduriramo.

Ati “Hano rero byatubayeho. Umugore arakorora, igihe kigeze bamupimira ku kagari baramubwira bati urarwaye; nanjye barampamagara. Nje nagezeyo nta n’ikintu ntaka, ku buryo n’abaganga rwose narababwiye nti ibyo mumbwira simbyumva. Ndagenda nangi barampima barambwira ngo ndarwaye, muganga ariko aranyerurira, arambwira ati wowe ufite virusi ariko utandukanye n’umurwayi kuko nta bimenyetso uragira.”

Uyu mugabo avuga ko amaze kumenya ko afite virusi ya Corona yasigaye agendera ku nama muganga yabagiriye we n’umugore we byari bimaze kumenyekana ko we arwaye nubwo bitari bikomeye cyane.

Ati “Amaze kumbwira ko mfite vurisi ndamubwira nti ese muga ko uri mumbwira ngo mfite virusi ukambwira ngo nintahe ndava aha nta muti mumpaye? Yaragiye anzanira akantu karimo ibinini 10, ati uzajya unywa ibi binini, angira n’inama za siporo, arambwira ati igihe cyose wumva utamenze neza udahamagare. Ati kandi ujye ukora siporo cyane zihagije mu gitondo na nimugoroba.”

Umugore we Mukakagina yagize ati “Ntaho naribwaga; ikimenyetso cya mbere niyumbagaho nabanje gukorora akndi nta gihe ubundi inkorora itabaho. Barambazaga nti uraribwa mu bitugu, nti reka ntaho ndibwa, ni njye wijyanye ku kagari kwipimisha aho abandi bari bahuriye kuko niyumvagamo inkorora imaze igihe. Bamaze kumbwira ko nanduye nariyankirye, abandi nabo bayisanzemo nkababwira nti ese murarizwa niki ko izakira nimwitwara neza.”

Mu zindi ndama muganga yabagiriye nk’umuryango wari wafashwe na coronavirusi ni ukurya indo iboneye cyane buri gitondo, higanjemo imbuto z’ubwoko butandukanye n’amaronji, inanasi, indimu, ibinyomoro n’imboga no kunywa amazi meza kandi bakaruhuka bihagije.

Kuri uyu muryango, bavuga ko inama za muganga bazumvise neza ndetse biyemeza kuzishyira mu bikorwa ariko ikibazo gitangira kuba icy’ubushobozi bwo kugura izo mbuto zo gufasha umubiri kuzamura ubudahangarwa ukarwanya virusi mu maraso cyane ko muri ibyo bihe ibiciro by’imbuto byari byarazamutseho.

Nzeyimana ati “Njye nagize amahirwe sinagaragaza ibimenyetso ndetse n’akazi numbaga najya kugakora ariko nkakomeza kubahiriza za nama za muganga kuko inama zose bambwiye narazubahirije cyane.”

Uburyo uyu muryango uvuga wabyitwayemo byatumye n’abaturanyi n’abavandimwe babo bibarinda kwandura kuko ubusanzwe umugabo atunzwe n’ubwubatsi bityo icyo bakeneraga cyose adafitiye ubushobozi abaturanyi bakimugezagaho bubahirije amabwiriza abaganga basize baabbwiye yo kwirinda kubasura ahubwo icyo babazaniye bakagisiga ku muryango bagasubira mu rugo hatabayeho kuganira umwanya munini cyangwa kwegerana.

Ati “Noneho abaturanyi bakatubwira bati namwe ibibagomba mujye mubikora uko biri.”
Uruhare rwa Leta narwo ku barwariye covid19 mu ngo rwabagezeho, babohereza ibikoresho by’isuku, ibyo kurya n’ibindi.

Nyuma y’iminsi bahawe yo kuguma mu rugo bakiyitaho, uyu mugabo n’umugore we bagiye ku kigo nderabuzima kwipimisha, bose basanga nta virusi ikiri mu maraso yabo, babona kongera gusubira mu buzima busanzwe ariko nabwo birinda uburyo bwose bwatuma bongera kwandura coronavusi kuko bari bamaze kubona amasomo ibasigiye.

Kuri bo ngo hari kintu kimwe cyabatunguye ku myumvire y’abaturage bamwe kuri covid19 ariko cyanatumye bamenya neza ko icyorezo kiriho bituma nabo barushaho kukirinda.

Ati “Abantu ubundi mbere barabyumvaga ngo turarwaye bakumva ko ari ibintu duhimba wenda muri bwa buryo bwo kugira ngo abantu bahimbe ikintu bazariraho nka ba bantu kera bajyaga bahunguka noneho bahabwa ibikoresho n’ibiribwa bagaca ruhinga nyuma bakongea bagasubirayo kugira ngo bazagaruke babahe ibindi.

Abantu bamwe baravugaga bati ahari buriya ni ukugira ngo babeshye bazahabwe ziriya mfashanyo, ariko umunsi umwe babonye muganga yambaye bya byenda bimupfutse hose nk’abatwaye indege bahagaze hano imbere y’urugo rwacu, bose barahagaze baratureba, bava mu ngo bajya ahirenegye baratureba. Muganga yambazaga ibintu, bimwe mbura uko mbimusubiza mu Kinyarwanda kubera abntu badukanuriye, bimwe nkabisubiza mu gifaransa ibindi nkabura uko mbimusubiza kubera ipfunwe twari dufite abaturage badushungereye nk’abantu bagwiriwe n’ishayano. Ibyo ni byo bintu byangiye muri uko kurwara covid, ariko bituma abaturage bemera neza ko covid19 iriho. Buriya ibintu byiza biberaho kwigisha abantu ariko n’ibibi nabyo biberaho kwigisha abantu.”

Kubera kwitwararika no kubona ubuhamya bw’uko covid19 iriho kandi yandura byatumye abatuye mu isibo uru rugo rurimo babyitwararikamo, bubahiriza ingamba zo kwirinda covid19 kugeza ubu hamaze kurwara ingo ebyiri gusa mu gihe kigera ku myaka ibiri imaze igeze mu Rwanda.

Kuru ubu uyu muryango wamaze guhabwa urukingo rwa covid19 rugabanya ibyago byo kwandura virusi ariko wanayandura rukakugabanyiriza ibyago byo kurembywa nayo cyangw akumuhitana.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru