Mu mpera z’uku kwezi nibwo Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatulika azasura Congo Kinshasa, gusa imbaraga ziri gushyirwa mu myiteguro yo kumwakirira ahasa neza ziri gusiga abacurizi bamwe barira ayo kwarika.
Abacuruzi mu masoko amwe n’amwe yo mu Murwa mukuru Kinshasa bagaragaje uburakari nyuma yo gusenyerwa aho bacururizaga hasanzwe ari akajagari kabaye nk’icwende.
Uyu mubyeyi ntiyiyumvisha uko Papa Francis aje kubabuza uburenganzira ku buzima bari bibereyemo
Abategetsi i Kinshasa bavuga ko bari gusukura imihanda ngo izabe icyeye mu gihe uwo mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi akaba n’Umwami wa Vatican azaba ahageze.
Bamwe mu bacururiza ku mihanda binubiye ko polisi yakoresheje imbaraga z’umurengera ndetse n’ibimodoka bisenya mu kwirukana aba bacuruzi.
Bavuga kandi ko bamwe muri bo bahatakarije ibicuruzwa byabo.
BBC yanditse ko imihanda iri ‘gutunganywa’ irimo Boulevard Lumumba, umuhanda mugari uva ku kibuga cy’indege, uzaberaho ibirori byo guha ikaze Nyirubutungane Papa Francisco i Kinshasa.
Byasabye abategetsi kwitwaza abarinzi kabuhariwe mu gukanga abacuruzi banze kuva mu mwanda
Ariko abacururiza ku mihanda barakajwe n’uko barimo kuvanwa ku ruhande rwayo n’ahandi hose mu murwa mukuru w’abaturage bagera kuri miliyoni 17.
Ubuzima bw’imiryango myinshi hano bucungira ku bucuruzi buciriritse bw’ibiribwa n’amafunguro atetse burimo ubukorerwa ku mihanda mu nzu ntoya ndetse n’abatembereza ibicuruzwa babyikoreye.
Umuvugizi w’igipolisi yavuze ko barimo gukora ibi bikorwa ku mabwiriza y’abakuriye umujyi wa Kinshasa, nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters bibivuga.




















