Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ku mugaragaro ko umutwe witwaje Intwaro wa M23 ari ‘Umutwe w’Iterabwoba’ ndetse inahagarika by’igitaraganya ingendo za RwandaAir ku butaka bwayo.
Ni nyuma y’imirwano imaze iminsi, guhera tariki ya 23 uku kwezi yashyamiranyije M23 n’ingabo za Leta FARDC, imirwano yagize ingaruka ku Rwanda kuko mu Kinigi mu karere ka Musanze haguye ibisasu 4 bikomeretsa abantu binasenya inzu z’ubucuruzi.
Leta ya Congo yahise kandi inatangaza ko bihise bigira ingaruka ku masezerano ya Nairobi, yyungaga Leta n’imitwe yitwaje intwaro iri ku butaka bwa Congo. Amasezerano ayita ateshwa agaciro.
Ni mu byemezo byafashwe n’inama nkuru y’umutekano iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi n’abandi bayobozi mu ngabo za RDC.
Asoma iyi myanzuro umuvugizi wa leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya Katembwe, avuga ko bagendeye ku bimenyetso n’ubuhamya bw’abaturage bemeza ko M23 ifashwa n’ingabo z’u Rwanda.
M23 iracyasaba Leta ya Congo ko abasirikale bayo binjizwa mu gisirikale cya Leta, FARDC, ikintu Leta ya Congo idashaka kwiyumvisha mu bwoba bw’uko M23 yaba ifashwa n’ibihugu byo mu karere cyane u Rwanda kuko abenshi mu bayigize ariho baturutse.
Kugeza ubu mu mashyamba ya Congo habarurwa imitwe120 yitwaje intwaro ishyigikiwe my buryo butandukanye, irimo na FDLR irimo gufatanya n’ingabo za Leta FARDC mu gukuraho M23.
Hari kandi n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zimaze imyaka irenga 20 ishinzwe gucunga umutekano w’abaturage ariko kugeza nanubu abantu bibaza intego yawo igituma itazigeraho.

















