Ndayambaje Jean Claude
Umunya- Argentina ukinira Paris Saint-Germain, Lionel Messi, yegukanye umupira wa Zahabu wa Karindwi, Ballon d’Or ya 2021, akaba yatowe nk’umukinnyi mwiza wahize abandi mu mwaka wa 2021 mu ibi bihembo (Trophies) bitangwa n’ikinyamakuru France Football, ibirori byabereye muri Théâtre du Châtelet i Paris mu Bufaransa.
Kizigenza, Messi w’imyaka 34 ufite impano idasanzwe mu guconga Ruhago yatwaye iki gihembo ku nshuro ye 7 nyuma yo kugitwara mu bihe bishize, mu 2009, 2010, 2011, 2012, 2015 na 2019 nanone kuri iyi nshuro aracyegukanye ariko muri 2020 iki gikorwa kikaba kitarabayeho bitewe na Covid-19.
Impamvu zatumye ahabwa iki gihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka nubwo bitavuzweho rumwe na bamwe mubasesenguzi mu bya football, ni nyuma yo gutwara igikombe cyo ku mugabane w’Amerika y’Epfo Copa America ari kunwe n’ikipe y’igihugu ya Argentine, imikino yabaye muri Nyakanga ndetse akaba yaritwaye neza kuko muri iri rushanwa yatsinze ibitego bine, atanga indi mipira Itandatu yavuyemo ibitego aba n’umukinnyi mwiza w’irushanwa ryose.
Messi wamenyekanye cyane muri FC Barcelone, akaba yari yatwaye Copa del Rey yabaye igikombe cya 34 n’icya nyuma muri iyi kipe yo muri Espagne yavuyemo yerekeza muri PSG .
Undi mukinnyi ni Jorginho ukinira Chelsea waje ku mwanya wa Gatatu nyuma yaho ikipe ye yatwaye Champions League umwaka ushize.
Umukinnyi ukurikira Messi mu gutwara iki gihembo inshuro nyinshi ni rutahizamu wa Manchester United, Cristiano Ronaldo kuko afite Ballon d’or 5, kuri iyi nshuro yaje mu mwanya wa 6 .
Alexia Putellas w’imyaka 27 akinira FC Barcelona niwe wegukanye Ballon d’Or 2021 mu bagore.
Rutahizamu w’umwaka (Best striker of the year) yabaye Umunya-Pologne Robert Lewandowski, mu gihe umunyezamu mwiza yabaye Gianluigi Donarumma usanzwe ufatira PSG n’u Butaliyani .
Umukinnyi mwiza ukiri muto wahembwe yabaye Umunya-Espagne Pedri w’imyaka 19 ukinira FC Barcelone uyihetse kugeza ubu kuva Lionel Messi yajya mu Bufaransa muri PSG.
















