Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

M23 yafunze ikibuga cy’indege cya Goma

Sunday 26 January 2025
    Yasomwe na

Nyuma yo gusatira Umujyi wa Goma w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, umutwe w’inyeshyamba wa M23 wafunze ikirere cya Goma ubuza ingendo z’indege.

Ibi byemejwe mu itangazo ryashyizwe hanze kuri iki Cyumweru n’umuvugizi w’uyu mutwe mu bya Politike Lawrence Kanyuka.

Muri iri tangazo, yasabye ingabo z’amahanga ziri muri RDC zirimo iz’u Burundi, SAMIDRC guhagarika kwica abaturage no kuva ku butaka bwa Congo byihuse.

Magingo aya imirwano isatira Goma irarimbanyije, aho M23 yarahiriye gufata uyu mujyi, ari nako amasaha 48 yahaye FARDC yo kuba yawuvuyemo akomeje kugenda ashira.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, imirwano ikaba yarimo ibera hafi y’ikibuga cy’indege cya Goma, ndetse M23 ikaba yari yafashe agace ka Kanyamahore nyuma yo kwirukana FARDC.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru