Nyuma y’amasaha make y’itangazo riteganya agahenge ko guhagarika imirwano kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 04 Gashyantare 2025, Ihuriro rya Aliance fleuve Congo AFC/M23 ryashyize mu bikorwa gahunda, bahagarika imirwano.
Itangazo rya AFC/M23 ryasohowe na Lawrence Kanyuka, umuvugizi w’ihuriro Alliance Fleuve Congo rifite umutwe wa M23, yavuze ko badafite “intego zo gufata Bukavu cyangwa utundi duce”, ahubwo ari ku mpamvu zo kugoboka abaturage.
Iri tangazo risohotse nyuma y’uko kuva mu mpera z’icyumweru gishize havuzwe imirwano mu gace kegereye ikibuga cy’indege cya Kavumu muri teritwari ya Karehe.
Kanyuka yashinje ingabo za leta, FARDC “gukoresha indege ya gisirikare ku kibuga cy’indege cya Kavumu” no “no kurundayo za bombe” avuga ko zica abasivile mu bice bagenzura.
Uruhande rwa leta ntacyo ruravuga ku gahenge katangajwe na M23, cyangwa ku byo ivuga ko FARDC irimo gukora ku kibuga cy’indege cya Kavumu, kiri kuri kilometero hafi 40 mu majyaruguru ya Bukavu.
Uruhande rwa leta ruvuga ko rutazigera ruganira n’inyeshyamba za M23,ubu zigenzura umujyi wa Goma.
Hagati aho, mu rwego rwo gukemura iki kibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo, Perezida William Ruto wa Kenya yemeje ko ku wa gatanu no ku wa gatandatu w’iki cyumweru i Dar es Salaam muri Tanzania hazaterana “inama idasanzwe” izahuza imiryango y’ibihugu ya EAC na SADC.
Ntibizwi niba aka gahenge M23 itangaje leta ya Congo ikemera kuko mu bihe bitandukanye hatangazwa agahenge,leta nayo igatangiza ibitero .
Icyakora M23 ivuga ko izakomeza kwirwanaho mu gihe cyose uyu mutwe uzajya ugabwaho ibitero. Usaba leta ko wakwemera ibiganiro nawo mu mahoro ngo hashakwe umuti urambye.



















