Amakuru aturuka i Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo aravuga ko abasirikare ba M23 babyutse bakozanyaho n’abarwanyi ba Wazalendo mu bice bya Karhale, by’uyu mugi mukuru muri iyi ntara.
Abarwanyi b’ingabo zihuje za DRC, Wazalendo baje baturuka mu misozi wa Karhale/Camp TV, bamaunka muri ibyo bice bya komine Kadutu ahaje kubera imirwano itoroshye hamwe n’abasirikare ba M23 ahitegeye antene ya televizoyo ya Camp Tv.
Ikinyamakuru Actualite CD cyanditse ko umuturage wagihaye amakuru yavuzeko ’hari mu gitondo cya kare ubwo habaga kurasana ku mpande zombi hagati ya Wazalendo n’abarwanyi ba m23 bari hano hitwa Karhale. Ntiwamenya uko byaje gukomeza."
Undi nawe yagize ati: ’Baje hano mu gitondo, barasaniye hano iwanjye, niho barasiraga imbunda."
Amakuru bakokeje batanga ni uko abarwanyi ba Wazalendo bagezeho barahunga basubira mu bice baje baturutsemo, ibintu byari byashyize ubuzima bw’abaturage mu cyoba, nkuko abahagarariye sosiyete sivile babitangaje.
Nyuma yuko aba-Wazalendo bahunze, M23 yaje gushyira ubuzima bw’abaturage ku murongo no kubahumuriza, mu minota 20 nibwo yari imaze kwigarurira igice cya CampTV, nkuko amashusho mato yagiye aca kuri X yagiye abigaragaza.
Umujyi wa Bukavu umaze ibyumweru bibiri ugenzurwa na AFC/M23 nyuma yo kwirukana ingabo za Leta n’abategetsi ba Guverinoma.

















