Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

M23 yemeye kurekura ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo

Wednesday 4 January 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Inyeshyamba za M23 zemeje ko zigiye gutanga ikigo cya gisirikare cya Rumangabo.

Zizakagishyikiriza ingabo z’akarere ka Africa y’iburasirazuba zoherejwe mu Burasirazuba bwa DR Congo.

Itangazo ryasohowe n’umuvigizi w’uyu mutwe Lawrence Kanyuka, rivuga ko ibi bizakorwa mu “gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama nto ya Luanda” no gutanga umusanzu wabo “ku muhate w’akarere wo kubona amahoro muri RDC”.

Mu kwezi gushize, ubwo M23 yarekuraga agace ka Kibumba igisiraikare cya DR Congo cyise iki gikorwa ’umutego’ no ’kwiyamamaza’.

Ikigo cya gisirikare cya Rumangabo ni kimwe mu binini biri mu burasirazuba bwa DR Congo, giherereye muri teritwari ya Rutshuru ku ntera ya 45km mu majyaruguru ya Goma.

Ubwo iki kigo cyafatwagana M23 Congo yavuze ko yahavuye kuko yanze kuharwanira kuko hari abaturage benshi mu gihe M23 yavugaga ko yahambuye ingabo za Leta FARDC.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru