Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Inyeshyamba za M23 zemeje ko zigiye gutanga ikigo cya gisirikare cya Rumangabo.
Zizakagishyikiriza ingabo z’akarere ka Africa y’iburasirazuba zoherejwe mu Burasirazuba bwa DR Congo.
Itangazo ryasohowe n’umuvigizi w’uyu mutwe Lawrence Kanyuka, rivuga ko ibi bizakorwa mu “gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama nto ya Luanda” no gutanga umusanzu wabo “ku muhate w’akarere wo kubona amahoro muri RDC”.
Mu kwezi gushize, ubwo M23 yarekuraga agace ka Kibumba igisiraikare cya DR Congo cyise iki gikorwa ’umutego’ no ’kwiyamamaza’.
Ikigo cya gisirikare cya Rumangabo ni kimwe mu binini biri mu burasirazuba bwa DR Congo, giherereye muri teritwari ya Rutshuru ku ntera ya 45km mu majyaruguru ya Goma.
Ubwo iki kigo cyafatwagana M23 Congo yavuze ko yahavuye kuko yanze kuharwanira kuko hari abaturage benshi mu gihe M23 yavugaga ko yahambuye ingabo za Leta FARDC.




















