Wednesday . 15 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Min. Muyaya asanga hari inzira ebyiri zo gukemura ikibazo cya DRCCongo

Monday 6 January 2025
    Yasomwe na

Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yemeje ko niba ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba kidakemuwe mu rwego rwa diplomasi, kizakorwa mu buryo bwa gisirikare.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 4 Mutarama 2024, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu Ntara ya Kasai, imwe mu ntara 25 zigize iki gihugu gikubye u Rwanda inshuro 89.

Minisitiri Muyaya asanga kubwe u Rwanda rwaratinye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro i Luanda, muri Angola, rutinya ko M23 ihita ibura nk’uko bigaragara mu nkuru ya Radio na Televiziyo bya Congo (RTNC) yo kuri uyu wa Gatandatu.

Yagize ati: “Nkuko Perezida w’u Rwanda ari we washinze M23, yari azi ko aramutse ashyize umukono kuri aya masezerano, yahagarika urupfu rw’umwana we kandi ko byarangiza umuzunguruko wa mafiya mu burasirazuba bwa DRC. Turashaka gukemura ikibazo bidasubirwaho, ntidushaka gushyikirana na M23. Niba tudakemuye ikibazo mu rwego rwa diplomasi, tuzagikemura mu buryo bwa gisirikare, kuko amahoro agomba kugaruka burundu. ”

Mu ijambo rye, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yanatangaje izamuka ry’ubushobozi bw’Ingabo za FARDC ziri ku rugamba zihanganyemo na M23.

Ibi akaba yabivuze mu gihe M23 yaraye yigaruriye kuri uyu wa Gatandatu, Umujyi wa Masisi nyuma yo kugenda yirukansa Abasirikare ba FARDC, FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi n’abandi bafatanya kuva za Lukofu, Kaniro, na za Katale.

Yasobanuye kandi ko Guverinoma ya Congo itagomba kugirana ibiganiro n’abo yise abaterabwoba b’Abanyarwanda ba M23.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru