Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo kunamira no guha icyubahiro Intwari z’u Rwanda zirimo n’izabohoye igihugu.
Ni umuhango usanzwe Uba ku munsi mukuru w’Intwari z’u Rwanda, buri taliki Mbere Gashyantare.
Umushyitsi mukuru asanzwe ari Umukuru w’Igihugu ariko kuri iyi nshuro Perezida Kagame akaba yitabiriye Inama ikomeye ya Rwanda Day, ihuza Perezida n’abanyarwanda baba muri Diyasipora, kuri ubu yabereye i Washington muri Leta zunze Ubumwe za America.
Umuhango wo kunamira Intwari z’u Rwanda ku rwego rw’igihugu wabereye ku Gicumbi cy’Intwari i Remera, witabiriwe n’Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Mubarakh Muganga n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, uhagarariye ba Ambasaderi mu Rwanda Amb. Guy Nestor Itoua usanzwe uhagarariye Repubulika ya Congo Brazzaville mu Rwanda n’abandi.
Uhagarariye ba Ambasaderi mu Rwanda Amb. Guy Nestor Itoua




















