Urukiko rwo mu Misiri rwatangiye gusaba ko rushyira ku karubanda, kuri televisiyo, igihano cy’urupfu cyakatiwe umusore w’imyaka 22 witwa Muhammed Adel nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umunyeshuri w’umukobwa witwa Naela Ashraf.
Mu kwezi gushize, ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter hagaragaye amashusho y’umusore twavuze haruguru akubita bikomeye uriya mukobwa w’umunyeshuri bivugwa ko bigaga hamwe akarinda amunoza akamwica, mu rukiko biza gusobanurwa ko ari uki yari yamwangiye ko bakora imibonano mpuzabitsina.
Urubanza rwarabaye akatirwa igihano cy’urupfu none urukiko rurimo gusaba ko ubwo mu rubanza hari ibice bimwe byagiye boba mu ruhame no gushyira mu bikorwa igihano yakatiwe bikwiye gushyirwa mu ruhame bityo bibe akabarorore, bitere ubwoba abandi batekereza ubugome nkubwo.
Ubusanzwe mu Misiri ntabwo bashyira mu ruhame igihano cyo kwica uwakatiwe urupfu bibera muri za Gereza zabugenewe.
Muri iki gihugu kandi ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango w’Abibumbye UN, mu 2015 bwerekanye ko abanyamisirikazi banana na Miliyoni 8 bakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.















