Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakuwe mu manegeka mu karere ka Gakenke baravuga ko imyaka igiye kuba ibiri badacana Biyogazi kuko zitagikora kandi barabimenyesheje ubuyobozi.
Ni abo mu Murenge wa Gakenke, batujwe mu nzu zizwi nka ’Four in one’ zijyamo imiryango 4.
Batangarije mamaurwagasabo ko barambiwe guhora bitirirwa ko bafite Biyogazi kandi zaramaze kwangirika .
Bigirimfura Theogene yagize ati: ’’Amatiyo yo ku bwiherero bwacu yarazibye ubwo tureka kuzikoresha ducukura ubwiherero hakurya. Ubu turasaba ko Leta yaza kutuziburira izi biogazi kuko twebwe nta bushobozi dufite; imyaka ibiri irashize kandi abayobozi barabizi, ntakirakorwa."
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke ntibwashatse kugira icyo butangaza kuri iki kibazo kuko Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney yabwiye umunyamakuru ko agiye mu nama, aza kumuvugisha ndetse ntiyasubiza ubutumwa bugufi yasabwe kumwoherereza.
Usibye kuba aba baturage bafite iki kibazo, baravuga kandi bugarijwe n’abajura baza kwiba ibyuma bya Robine z’amazi bagasaba ko bakubakirwa urupangu rw’izo nzu mu rwego rwo kwizera umutekano wabo.















