Ahagana saa 2h 15min z’ijoro nibwo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter hongeye gusakazwa amafoto aherekejwe n’amagambo y’akababaro, atabariza aborozi bo mu Bigogwe ko inka zabo zatangiye kugirirwa nabi, aho bigaragara ko inka imwe yabazwe n’abantu bataramenyekana, basiga bayikuyeho uruhu bayisiga aho.
Ubutumwa bwairaga buti, "Ese birakwiye ko ikibi gisa n’ikibaye akamenyero mu #Rwanda rw’ubu tuzi ko ari intangarugero mu kurengera umutekano w’abarutuye n’ibyabo?
Kanzenze, Bigogwe, Mudende muri @NyabihuDistrict & @RubavuDistrict bamaze igihe bataka ndetse ijoro ryakeye byabaye.
Polisi y’u Rwanda yasubije ko ikibazo yakimenye ndetse ababikoze barimo gushakishwa.
Si ubwa mbere aba borozi bataka, kuko mu mwaka ushize nabwo batakiye inzego za Leta z’umutekano ko inka zabo ziri kuribwa n’igisimba batamenye neza icyo ari cyo, aho cyariye izirenga 50 z’inyana nto, gusa inzego z’umutekano ziratabara haza kugaragazwa igisimba kishwe bivugwa ko ari cyo cyaryaga izo nka none zitangiye no kwibasirwa n’abantu bazibagira mu rwuri bitwikiriye ijoro.















