Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi bafite ibimenyetso by’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg.
Mu gihe hakorwa iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara, hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitandukanye.
Amakuru y’iki cyorezo yaraye azenguruka ku mbuga nkoranyambaga zirimo nka WhatsApp, bamwe bavuga ko hari n’abo iki cyorezo cyaba cyahitanye bikavugwa ko baba ari abaganga abandi bakibaza impamvu abakora muri urwo rwego byongeye mu bitaro bikomeye nka King Faisal na CHUK ari bo cyakibasira ariko nta rwego rwari rwakagize amakuru rutangaza.
Bigitangira gusakara ku mbuga nkoranyambaga, twagerageje kubaza amakuru muri minisiteri y’ubuzima, ishami rishinzwe isakazamakuru ntiryagira icyo ryemeza cyangwa rihakana.
Byageze ku masaha y’igicamunsi bigikomeje kwibazwa, gusa umwe mu bakozi b’iyi minisiteri yabwiye abanyamakuru mu butumwa bwanditse kwirinda gukwiza igihuha, ko hategerejwe inzego zibishinzwe ngo zibe arizo zibyemeza.



















