Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Muhanga: Ishyaka DGPR, rivuga ko mu mirenge yose ryahasanze abarwanashyaka baryo

Monday 24 November 2025
    Yasomwe na

Kuri iki Cyumweru ku itariki 23 Ugushyingo 2025, Ishyaka Rihanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, DGPR, abayobozi baryo ku rwego rw’igihugu berekeje mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo mu nama ihuza abarwanashyaka baryo muri kano karere.


Habaye n’igikorwa cy’amatora yo kuzuza inzego z’ishyaka rya DGPR.

Komiseri mukuru wa DGPR Mugisha Alexis watangije inama n’amahugurwa ndetse haba igikorwa cy’amatora yo kuzuza inzego z’ishyaka kuva ku mirenge kugera ku rwego rw’akarere.

Iri shyaka muri gahunda rifite mu ngendo zitandukanye abayobozi baryo bakomeje kugirira mu turere dutandukanye two mu Rwanda harimo gahunda yo kuzamura ubushobozi bw’abarwanashyaka baryo.

Hon Mugisha yabisobanuye, ati"Gahunda turimo ni iyo kuzamura ubushobozi bw’abarwanashyaka bacu biciye mu mahugurwa agaruka ku ingengabitekerezo y’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, tukareba n’ibirango dufite.

DGPR, kandi muri gahunda ifite ngo harimo gushaka kumenya uruhare rw’abarwanashyaka baryo mu iterambere ry’igihugu.

Hon Mugisha yakomeje agira ati"ariko muri uru rugendo turimo habonetsemo agashya ko twasanze mu mirenge hafi ya yose dufitemo abarwanashyaka kandi bakaba bifuza gushyiraho inzego z’ubuyobizi mu rwego rwo kugirango babashe guhuza ibikorwa bakorera ishyaka n’ibyo bakorera Abanyarwanda kandi n’ishyaka mu buyobozi bwaryo". Rigakora ku buryo ribasha kumenya uruhare abarwanashyaka baryo kugera ku nzego zo hasi mu iterambere ry’igihugu".

Eulade Mahirwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru