Mamaurwagasabo
Ikiraro gihuza akarere ka Muhanga na Gakenke cyongeye gutwarwa n’amazi nyuma y’iminsi 8 gisanwe byitezwe ko cyari kuzaramba nibura kugeza ku myaka 15 iri imbere.
Ni insanganya yongeye kuba itewe n’imvura yaguye mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 20 Maya 2022.
Iki kiraro cyari kimaze amezi atatu gisanwa nyuma yuko gisenyutse nabwo ku mpamvu itaramenyekanye neza, kirasanwa gitahwa ku mugaragaro tariki ya 11 Mata 2022 gitwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 185.
Kimaze gusanwa cyari gifite ubushobozi bwo kwikorera Toni 15 z’ibiremereye.
Radio y’Igihugu yavuze ko ishami ry’ingabo rishinzwe umutekano wo mu mazi ryamaze kugera kuri icyo kiraro kugira ngo bafashe abaturage mu gukomeza ubuhahirane hagati y’uburere twombi.
Ni nako kandi itsinda ry’abatekenisiye n’abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi no kwita mu mihanda RTDA, nabo bageze aho mu gufatanya kongera gusana icyo kiraro.

















