Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRCONGO) Felix Tshisekedi yasabye Umuryango w’Abibumbye gufatira u Rwanda ibihano ku ruhare ahora arushinja mu kuvigera ubusugire bw’igihugu cye no gutera inkunga umutwe wa M23.
Yabisabye kuri uyu wa Gatatu mu ijambo yageneye ku bitabiriye Inteko ya 79 y’umuryango w’Abibumbye iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku cyicaro cya Loni (UN).
Perezida Tshisekedi yavuze ko umutekano mu Burasirazuba bwa Congo wugarijwe, avuga ko hari ukwiganza kw’umutwe w’iterabwoba wa M23 ushyigikiwe n’u Rwanda ari wo wateje ikibazo cya muntu ukaba umaze gukura mu byabo abantu bagera kuri miliyoni 7.
Yakomeje agira ati: "Banyakubahwa ba Perezida, Umutekano mu Burasirazuba bwa Congo urugarijwe cyane, ukwiganza kw’Umutwe w’iterabwoba wa M23 ushyigikiwe n’u Rwanda kwateje ikibazo cya muntu cyane ukaba umaze gukura mu byabo abagera kuri miliyoni 7 bahungiora imbere mu gihugu. Ubwo bushotoranyi bugize kuvogera gukomeje ubusugire bwacu nk’igihugu. Turahamagarira umuryango mpuzamahanga kwamagana wivuye inyuma ibyo bikorwa no gushyira ibihano ku Rwanda kubera uruhare rwarwo rwo guhungabanya umutekano agace.
Turasaba gukura ingabo ako kanya kandi nta kindi gisabwe, ingabo z’u Rwanda ku butaka bwacu. Nkuko ibiganiro bya dipolomasi twavuga bya Luanda bitanga icyizere, ntibagomba na rimwe kwitambika icyatuma ibyo biganiro by’ingenzi bikomeza. Repubulika ya Demokarasi ya Congo ishyize imbere gahunda y’amahoro arambye mu Burasirazuba bw’igihugu nio guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage ku baturage bazahariye muri izo ntambara z’imitwe yitwaje intwaro."
Perezida Tshisekedi yakomeje avuga ko DRCONGO itazazuyaza kandi gushyugikira amahirwe yose azatuma igera kuri ayo mahoro bidahungabanyije ubusugire bwayo n’icyizere ku butaka bwayo.


















