Saa mbiri bari bageze ku rukiko rukuru ku Kimihurura, icyumba cy’Urukiko cyarimo abantu benshi, abo mu muryango wabo n’inshuti zabo n’itangazamakuru. Nyuma yo kurekurwa by’agateganyo mu kwezi gushize, ubu ni ubwa mbere bagejejwe imbere y’Urukiko.
Umushinjacyaha yatangiye abibutsa ibyaha baregwa birimo; guteza imvururu muri rubanda, gukurura amacakubiri, no gukwirakwiza bihuha byangsha abaturage ubutegetsi buriho.
Adeline Mukangemanyi niwe watangiye yiregura, umwunganizi we Me Gatera Gashabana avuga ko ku cyaha umukiriya we aregwa cyo “guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda”, no gukurura amacakubiri, ubushinjacyaha bugishingira kuri ‘Audio’ zafashwe mu iperereza aganira n’abantu gusa.
Nyamara ngo itegeko ririho ubu rivuga ko icyaha cyo guteza imvururu kirebana n’umuntu wese wakoze icyaha mu ruhame.
Akavuga ko kugira ngo icyaha gihame uwo yinganira yakagombye kuba yaravuze amagambo mu ruhame, ubwo ngo nibwo byaba bigize icyaha.
Iyo ngingo y’amategeko kandi ivuga ko kugira ngo bibe icyaha hakagombye kuba harakoreshejwe imbwirwaruhame cyangwa inyandiko y’ubwoko bwose cyangwa amashusho.
Me Gashabana ati “Ese amagambo ashinjwa Mme Adeline Rwigara yaba yarakozwe mu ruhame?”
We avuga ko iyo amajwi adafatwa mu bugenzacyaha ngo nta muntu wari kumenya ibyo bintu. Anavuga ko byafashwe binyuranyije n’ingingo y’amategeko ivga ko urugo rw’umuntu rutavogerwa.
Ibikoresho byabo ,telephones ngo byafatiriwe binyuranyijwe n’ingingo za mategeko aho bikorwarwa hagendewe kuyemezo cy’umushijaccyaha mukuru abiherewe uruhushya na minisitiri w’ubutabera.
Kururuhande rwa Mukajyemanyi umwunganira avuga ko ibyo yavugaga yabiganiriye na bavandimwe ntabwo arubutumwa yavugiye muruhame ubwo rero ntakwiye kubihanirwa.
















