Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Kinigi, mu kagari ka Nyonirima ku bufatanye na RAB baremeye abaturage mu rwego rwo gukomeza kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 umuryango umaze uvutse.
Bamwe mu baremewe bavuze ko iki gikorwa cyabashimishije ndetse bemeza ko ibyo bahawe bigiye kubafasha guhangana n’imirire mibi mu bana.
Ibyo bahawe birimo imbuto y’ibirayi ndetse n’inkoko zo korora.
Umwe muri aba baturage witwa Ahobantegeye Godance wahawe inkoko yagize ati: "Ndanezerewe cyane kuba abanyamuryango ba RPF Inkotanyi badutekerejeho bakaza kuturemera, bigaragaza ko nta munyarwanda ugomba gusigara inyuma mu iterambere; ubu abana banjye bagiye kujya barya amagi , hehe na bwaki."
Undi muturage witwa Hakizimana Jean Bosco wo mu mudugudu wa Gahizi yagize ati: "Hari byinshi Umuryango wa RPF Inkotanyi wagiye udukorera; bamwe ntitwagiraga aho kuba ariko ubu turatekanye, dore baturemeye n’imbuto y’ibirayi kandi natwe nitweza tuzaremera abandi, ibi byose tubikesha umutekano usesuyu dufite hano mu Kinigi."
Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi mu Kagari ka Nyonirima, Mwambutsa Jean Damascene yagize ati: "Mu byukuri kuba mu muryango turikwishima gutya biterwa n’imiyoborere myiza dufite; kera hano twari dufite abaturage bajyaga guhiga inyamaswa muri pariki kuko duhanye imbibi, ariko uyu munsi ntibakijyayo ahubwo bari mu makoperative abateza imbere, kandi kuba twishimira isabukuru y’imyaka 35 bidutera ishema rikomeye."
Chairman akomeza ashimira RAB yabafashije muri iki gikorwa cyiza cyo kuremera aba baturage imbuto y’ibirayi ndetse n’inkoko aho yemeza ibi bigaragaza ubudasa n’ubufatanye mu kubakaba igihugu.
Imiryango yaremewe ni 25, buri muntu yahawe ibiro 50kg by’ibirayi ,mu gihe abaremewe inkoko ari 24 aho buri muryango wahawe inkoko 2 zizafasha kurwanya imirire mibi mu bana.























