Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Musanze: Abasigajwe inyuma n’amateka ntibashobora kwisanira inzu

Thursday 21 September 2023
    Yasomwe na


Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Musanze mu murenge wa Musanze baratabaza kubera kunyagirirwa mu nzu batujwemo kandi nta bushobozi bwo kuzisanira bafite.

Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga aho batujwe mu kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze, bavuga ko inzu zabasaziyeho ubuyobozi nabwo bugaterera agati mu ryinyo ntibubiteho.

Umwe muri aba baturage witwa Uwimana Furaha yagize ati: "Bantu b’Imana turababaye, imvura iragwa n’uru ruhinja mfite ikatunyagira, hano hose usanga huzuye. Abayobozi ndabatakambiye rwose niyo bansakarira agahande kamwe tukabona aho gukinga umusaya n’aba bana, barayatwubakiye kera urabona ko yadusaziziyeho."

Undi muturage yagize ati: "Kagame wacu muze kumutugerezaho ubu butumwa muti abanyarwanda babayeho nabi, abayobozi bandi ntacyo batumarira, turababwira bakaza bagafotora tukagira ngo baragira icyo batumarira ariko bigahera iyo, abana bacu barenda kwicwa n’umusonga, iyo imvura iguye turara duhagaze, ibyo turyamaho biba byabaye icyondo gusa; turabatakambiye mutuvugire rwose n’inzara irenda kutwica."

Ibi byiciro by’Abanyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma iyo ugeze muri uyu murenge wanMusanze usanga bakomeje guhangayika ndetse bamwe bashobora no kuzakomeza kwibasirwa n’indwara zituruka ku mwanda.

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bukora kuri iki kibazo maze umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Musanze Bwana Edouard Twagirimana avuga ko ntabushobozi bwo kubabakemura iki kibazo cy’inzu zishaje zose muri uyu murenge.

Yagize ati: "Sinabeshya ko dufite ubushobozi bwo gukora inzu zose, kuko zirahari nyinshi zikeneye kugira icyo zikorwaho, ariko turashima rwose akarere n’abafatanyabikorwa barimo MINEMA, Police, abo bose baraje baradufasha tuzagenda tubikemura buhorobuhoro ariko ntituragera ku rwego rwo kuba twabirangiza, ntiturabigeraho."

Abajijwe ku kuba uyu mubyeyi ufite uruhinja ashobora guhura n’ingorane bitewe n’iyi mvura yavuze ko hari ubundi buryo baba bamufashijemo aho kugira ngo agire ibindi bibazo bijyanye n’ubuzima, asezeranya ko baza kureba uburyo bamushakira aho yaba agiye.

Abasigajwe inyuma n’amateka kera bahoze batunzwe no guhiga inyamaswa mu ishyamba gusa kuri ubu ntibakijya muri pariki mu rwego rwo gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’ibidukikije aho bafashe iyambere mu kubirinda.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru