Ndayambaje Jean Claude
Nyuma y’igihe abaturage bo mu murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze barira ayo kwarika kubwo kubura irengero ry’umugore wababikiraga mu kibina, kuri ubu bamaze kumwifatira yarashinze akabari mu karere na Rubavu.
Uyu mugore wari utuye karere ka Musanze, umurenge wa Cyuve mu kagari ka Kabeza yari yaraburiwe irengero maze abanyamuryango baramushaka, ku munsi wo kugabana amafaranga baramubura ariko akaba yari yataye umugabo we mu nzu atorokana amafaranga y’abaturage.
Bamwe mu baturage bavuga ko yabatorokaniye amafaranga bavuga ko ari bo bamwifatiye nyuma yo guhabwa amakuru ko yagiye gushinga akabari mu karere ka Rubavu, yafatiwe ahitwa mu murenge wa Nyundo, akagali ka Kiziguro.
Inkuru y’uyu mugore yavuzwe cyane ku itariki ya 15 Nyakanga 2021, ari nawo wari umunsi wo kugabana amafaranga, nibwo aba baturage bamenye amakuru y’uko uwo mugenzi wabo yatorokanye amafaranga agera kuri miliyoni enye n’ibihumbi Magana inani (4,800,000frw), ayahawe n’umukozi w’Umurenge SACCO-Cyuve-Kabeza wababwiye ko uyu mugore yamaze kubikuza ndetse anababwira uriya mubare w’amafaranga.
Aba baturage bakomeza bavuga ko bari bamaranye nawe imyaka igera ku munane ntakibazo bafitanye.
Baragira bati "Mu myaka 8 nta kibazo twari twarigeze tugirana, wagiraga ikibazo ukamubwira akaguha ayo ugejejemo, buri tariki ya 15 mu gitondo kare yazindukiraga kuri SACCO kubera ko ari bwo twafataga amafaranga. Kuri iyi tariki rero, nabajije abana be bambwira ko yagiye muri SACCO. Twakomeje kumutegereza tumubuze twoherezayo abantu, bababwira ko yavuyemo saa mbiri za mugitondo, kandi yamaze kubikuza."
Ubwo twakoraga iyi nkuru ushyirwa mu majwi yari yamaze gushyikirizwa urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, Sitation ya Kanama. Amakuru dukesha aba baturage bamufashe.















