Yanditswe na Jean claude Ndayambaje
Abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, baravuga ko bakeneye kwegerezwa isoko kuko bakigorwa no gukora urugendo rurerure rwo kujya guhahira mu tundi turere duhanye imbibi n’uyu murenge.
Umwe muri baturage twasanze muri uyu murenge wa Gashaki witwa Niragire Emile, yabwiye Mamaurwagasabo ko bagize amahirwe bakabona aho bajya bahahira hafi muri uyu murenge imibereho yabo yarushaho kugenda neza kandi bakabona aho bagurishiriza umusaruro wabo.
Niragire yagize ati: "Baduhaye aho twajya turemera isoko imibereho yacu yahinduka; benshi tujya guhahira muri Burera, ibintu ubona bitubangamiye cyane. Turasaba ngo batwereke aho tujya tugurira cyangwa tugurishiriza imyaka yacu."
Maniriho Alphonse ni undi muturage yagize ati: "Twebwe hano nta soko tugira dusa n’abirengagijwe, kuko urabona turi mu cyaro ariko dukeneye isoko. Aho kujya dukora ingendo tugiye gushaka ibintu Burera cyangwa Gakenke biratuvuna cyane, badukoreye ubuvugizi twabona isoko ku buryo umuntu ufite itungo cyangwa ibindi bintu yajya abijyana mu isoko bimworoheye."
Ku bijyanye n’iki kibazo, umuyobozi w’Akarere ka Musanze Bwana Ramuli Janvier yizeje aba baturage ko hagiye gukorwa ubuvugizi kugira ngo bazabone aho bazajya baremera isoko.
Yagize ati "Bitari kera, kandi turizera ko mu minsi mike bizakemuka mukazajya mubona aho muremera isoko."
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru ubwo aheruka mu nama n’abaturage, yasabye akarere ka Musanze ko kashakira aba baturage ba Gashaki ahantu heza bazajya baremera isoko bikazabagabanyiriza ingendo bakora bajya mu tundi turere bagiye guhaha.
Guverinere Nyirarugero yagize ati, "Ibyo byose twabihaye umurongo ndetse twasabye akarere ko kuzareba ahantu heza hazajya haremera isoko hanyuma abaturage bacu babone uburyo bajya bahahira hafi bityo biteze imbere."
Umurenge wa Gashaki ni umwe mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze, ukaba ugaragara nkaho ukuri inyuma mu bikorwa remezo bijyanye n’imiterere yawo kuko ufite imisozi miremire, kuri ubu hari imiryango yakuwe mu birwa bya Ruhondo ituzwa mu mudugudu.
Hirya no hino mu karere ka Musanze hagaragara ahantu haremera amasoko mu minsi itandukanye kuko agenda ahana ibihe ku buryo usanga abaturage ahanini bazanye imyaka bejeje muri ayo masoko mu gihe abandi baba baje kugura ibindi badafite.















