Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Abatuye muri Remera baracyagorwa no kugeza umusaruro ku isoko

Thursday 16 February 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Abaturage bo mu Murenge wa Remera mu karere Musanze baravuga ko bakigorwa no gukora ingendo bitewe n’imihanda idakoze neza bikadindindiza iterambere ryabo.

Ni kimwe mu bibazo bagejeje kuri Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Dancilla Nyirarugero ubwo yari yitabiriye inteko y’abaturage yabereye mu murenge wa Remera, bamusaba ko bakurwa mu bwigunge bwo kutagira imihanda myiza.

Bamwe mu baganiye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bavuze ko bibagora kugera ku muhanda cyangwa se kuvayo ngo kuko bashobora gukoresha amasaga arenga atatu kuri moto kuko nta mihanda mizima bagira.

Nyirabuhinja Apolinariya yagize ati: "Hano dufite ibibazo bijyanye n’imihanda, ihari ni ibihonomanga, biratugora gukora ingendo kuri moto kuko bidutwara amasaha menshi kugira ngo tugere ku muhanda; byibuze badushyiriyemo kaburimbo byatworohera kujya duhahirana n’indi mirenge."

Undi muturage witwa Uwamahoro Annociata yagize ati:"Biratugora kugeza umusaruro wacu ku masoko, mbese turi mu icuraburindi ryo kutagira imihanda. Iramutse ikozwe twanezererwa natwe tugatera imbere nk’abandi , noneho iyo ari n’ijoro biratugora kunyura muri iyi mihanda haba hateye ubwoba."

Imihanda aba baturage basaba ko yubakwa ni umuhanda Konkaseri-Kivuruga ndetse n’umuhanda Mukinga-mukono aho bavuga ko iramutswe ikozwe byabafasha mu kwiteza imbere.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Ramuli Janvier yijeje aba baturage ko bafite muri gahunda kubaka iyi mihanda.

Yagize ati:"Hari imihanda hano yagiye ikorwa na Reserve Force (abahoze mu ngabo z’igihugu) muri 2017, kandi dufite muri gahunda ku bufatanye na RTDA kuzashyiramo igitaka cyiza ku buryo ibinyabiziga bizajya biwunyuramo bitajegera cyane; ni ugutegereza mwihanganye bizagenda bikorwa."

Kwegereza abaturage ibikorwa remezo birimo imihanda, amazi n’amashanyarazi ni gahunda ya Leta y’u Rwanda igamije guteza imbere abaturage no kuborohereza kwiteza imbere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru