Abagenda n’abakoresha umuhanda uturuka ku kiraro cy’ahazwi nka ’Younde’ werekeza ahitwa mu Gisenyi mu kagari ka Cyabagarura, umurenge wa Musanze mu karere ka Musanze, baravuga ko hari igice kimwe cy’umuhanda cyangiritse cyane ndetse bamwe bakunze kuhavunikira.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga kuri iki gice cy’umuhanda cyegeranye n’ibiro by’Akagari ka Cyabagarura, aho basaba ko cyasanwa vuba ndetse ngo moto n’imodoka kuhazamuka zihetse abantu ari ikibazo gikomeye.
Muhire Gilbert, ni umumotari ukoresha uyu muhanda cyane mu gutwara abagenzi, yagize ati: "Hano haduteje ikibazo gikomeye, ubu ntabwo umuntu ashobora kuhazamura umugenzi bitewe n’uburyo hameze; umugenzi ubanza kumukuraho ugasunika moto. Imodoka ngufi yo ntabwo zihanyura kubera hangiritse cyane, mbere hari hameze neza ariko ntabwo bakita gukora uyu muhanda."
Undi muturage witwa Alphonsine Mugenzi yagize ati: "Uyu muhanda wose warangiritse cyane, ariko ahantu hatubabaje cyane ni iki gice cya hano ku kagari ka Cyabagarura, ndetse mu minsi yashyize hari umuturage wahapfiriye; kumwe uba urimo guhigamira (kubererekera) imodoka yisimbiza yahise agwa mu mapine yayo iramwica, turasaba ko hakorwa uyu muhanda ukaba nyabagendwa."
Aba baturage bakomeza bavuga ko gutega umumotari akuvanye mu mujyi wa Musanze ukamubwira ko uje muri iki gice cya Cyabagarura ahita atekereza aha hantu bityo akaba yakwanga no kugutwara.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Cyabagarura, Kiberinka Etienne avuga ko uyu muhanda wose wangiritse ariko ngo bapanze ko kuri aka gace kangiritse cyane hafi n’ibiro by’Akagari akoreramo ariho bazakorera umuganda mupera z’uku kwezi.
Yagize ati: "Twamaze kubona abafatanyabikorwa bazaduha igitaka (laterite) yo gukora aha hantu, ku buryo twapanze ko mu muganda usoza uku kwezi aribwo tuzahakora hakaba nyabagendwa, ndasaba abaturage bose bawukoresha kuzaza tugafatanya kuhakora kuko natwe tuzi ko ari ikibazo ariko haba habuze ubushobozi."
Uyu muhanda ukoze mu buryo butari kaburimbo uturuka ahitwa younde mu mujyi ku kiraro ukagera mu Kinigi, abayobozi bafite gahunda yo kuzawushyiramo kaburimbo kugira ngo abaturage bajye bawukoresha neza bisanzuye.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje



















