Mu karere Ka Nyagatare umurenge wa Gatunda akagali ka Kabeza umudugudu wa Kabeza haravugwa inkuru idasanzwe y’umwana warozwe kuruka amabuye ndetse n’imisatsi ibyo abahatuye bakeka ko biri gukorwa na se umubyara nyuma y’uko umwana amwangiye kugurisha imwe mu mitungo.
Ni mu mudugudu wa Kabeza aho twasanze abaturage bahuruye baje kureba ibyo bo bita ishyano. Aba baturage bavuga ko baguye mu kantu ubwo umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 yatangiraga kuruka amabuye imisatsi ndetse akituma amagi nk’uko babihamwa.
Uzamukunda Marceline aravuga uko byagenze"Umwana yarwaye aribwa munda gusa nyuma nibwo twabonye atangiye kuruka amabuye, akaruka amahurunguru akituma amagi natwe byaratuyobeye gusa twaketse se umubyara kubera urupapuro yarutse ibyari byanditseho".
Uyu mwana w’umukobwa nawe arahamya ibi bivugwa n’abaturage ko ari ukuri ndetse agakeka se umubyara ko yaba ariwe ubiri inyuma kubera ko yanze kumuainyira ngo agurishe imitungo nyina yasigiye aba bana.
Yagize ati"Nararwaye mbona ntangiye kuruka amabuye gusa mbere yari mato ubundi nkurikizaho amahurunguru numvaga ari ibitangaza, nyuma nibwo narutse urupapuro rwanditseho ngo urasinya nibuka ko nashwanye na papa umbyara nanze kumusinkira".
Se w’uyu mwana twanze gutangariza amazina avuga ko ntakukuri kuri kubimuvugwaho mu magambo ye.
Yagize ati"Barambeshyera sinaroga umwana nabyaye rwose aho kumushakira uko abaho narenga nkamuroga".
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatunda Bandora Emmanuel, ahamya ko atari yakamenye iby’aya makuru ko gusa bagiye gukurikirana bagakemura ikibazo.
Yagize ati"sinabimenye ahubwo ubwo nakabajije wowe wahageze, gusa ntawutugana ngo tunanirwe kumufasha ubwo tugakurikirana turebe"
Ibibazo bishingiye ku mitungo itimukanwa bikomeje kwiyongera ndetse ari nako bisiga ingaruka mbi ku muryango mugari.


















