Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze mu murenge wa Gacaca, Akagari ka Karwasa, barinubira ikimoteri cy’isiko rya Karwasa kibateza umunuko ukabije, bakifuza ko ubuyobozi bwagira icyo bukora.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge wa Gacaca ahashyizwe ikimoteri kiri hagati mu ngo z’abaturage, bagasaba ko cyakimurirwa ahandi hadashyira ubuzima bwabo mu kaga.
Umwe mu baturage baturiye iki kimoteri witwa Ndagijimana Fabien yagize ati: "Iki kimoteri kiratubangamiye, baramena bikamanuka no mu muhanda, biratunukira cyane iyo imvura yaguye; turasaba ko ubuyobozi bwagikura hano kuko kiratubangamiye cyane."
Undi muturage witwa Uwineza Claudine yagize ati: "Nk’uko murimo kubibona iki kimoteri kiri mu nzira, uwakugeza hano imvura yaguye wakumirwa, biba binuka cyane, urabona ko amasashi anyanyagiye hirya no hino, turifuza ko bakimura ahandi hantu bakadukiza uyu mwana."
Aba baturage bakomeza bavuga ko bamaze igihe babivuga ariko ngo ntacyo ubuyobozi bugikoraho.
Ku ruhande ry’ubuyobozi bw’isoko rya karwasa buravuga ko buzi iki kibazo ndetse ngo abayobozi bo mu karere ka Musanze bwarabasuye bubizeza ko bugiye kuvugana na kompanyi y’ubwubatsi NPD ikabatiza imodoka ikaza kubafasha ku buryo mu minsi mike bizaba byakemutse.
Serugendo Amosi, ni Perezida w’isoko rya Karwasa yagize ati: "Nibyo koko ikimoteri giteje umwanda kandi ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze uyu munsi bwadusuye butwizeza ko bugiye kuvugana na NPD ikabatiza imodoka, ikazaza gutwara imyanda y’iki kimoteri."
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gacaca Nsengimana Aimable yavuze ko kuba mu murenge ayobora wa Gacaca hari isuku nke atari umwihariko, yemeje ko iki kimoteri giteje ikibazo kandi ngo ku bufatanye n’izindi nzego barimo kugishakira igisubizo.
Yagize ati: "Kuba mu murenge wa Gacaca hagaragara isuku nke, ntabwo twavuga ko hari umwihariko, kandi iki kimoteri nibyo giteje ikibazo ariko turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo turebe icyakorwa kandi akarere kabifatiye ingamba kugira ngo bikemuke vuba."
Usibye kuba aba baturage babangamiwe n’ikimoteri kibateza umwana barifuza ko bakubakirwa n’ubwiherero rusange kuko ubwo bubakiwe muri 2013 butigeze bukoreshwa narimwe, kubera ko imirimo yo kubwubaka yasubitswe butarangiye.
Amakuru mamaurwagasabo yamenye ni uko ubu bwiherero bwubatswe na Ecosan ariko imirimo ntiyarangira ndetse bukaba mu myaka 10 bwaramaze gusaza budakoreshejwe kuko usanga abantu bihagarika hanze yabwo, hakibazwa impamvu rwiyemezamirimo yamuritse ubwiherero butarangiye.























