Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Iyo winjiye mu Mujyi wa Musanze, mubyo amaso yawe akwakiriza birimo n’abana b’inzerezi bazwi nka (Marine) bafite hagati y’imyaka 7 na 15.
Usanga barimo kunywa ibiyobyabwenge ku manywa y’ihangu. Mu gihe leta y’u Rwanda ikomeje gukora ubukangurambaga bwo kurerera abana bose mu miryango.
Bamwe mubo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yasanze muri gare ya Musanze bari bafite inzoga, izi zizwi nk’’ikorano mu icupa barimo kuyinywa, gusa ntibyakunze ko bagira icyo bamutangariza kuko usanga bavuga amagambo ateye isoni ndetse bakunze no guterana amabuye.
Iki ni kimwe mu bibazo byabajijwe Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kane tariki ya 22 Ukuboza 2022, yemera ko gihari kandi bari kuba benshi mu mujyi wa Musanze gusa avuga ko bava mu miryango ifite amakimbirane aba ari hagati y’ababyeyi.
Yagize ati: "Ikibazo cy’abana bo mu mihanda kirahari, gusa igisubizo kirambye turimo gushakisha ni ikibatera kuza hano muri uyu mujyi kuko kubatoragura gusa bakajya kugororwa ntabwo aricyo gisubizo kirambye, ariko dukomeje no kureba ya makimbirane aba ari mu miryango atuma wa mwana ava mu muryango, kandi abana bakwiye kurererwa mu muryango."
Uyu muyobozi akomeza avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye mu nzego zose.
Yagize ati: "Yego nibyo, abo bana dukwiye kubafata tukabagororora igihe gito ariko hakwiye kubaho n’ubukangurambaga ku babyeyi bakamenya ishingano zabo zo kurera kugira ngo tuzabone cya gisubizo kirambye kuri aba bana."
Umuyobozi muri Polisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’AmajyaruguruNtara, (SP) Alex Ndayisenga, yasabye uruhare rwa buri wese mu guhangana n’iki kibazo cy’abana b’inzererezi bakomeje kugaragara mu mujyi wa Musanze.
Yagize ati: "Ubufatanye n’ingombwa kandi ababyeyi bakwiye gufata inshingano zabo mu kurera umwana neza, kuko ntabwo ari igikorwa kireba inzego z’umutekano gusa ahubwo buri nwese ni inshingano ze; kubakura mu muhanda ni kimwe ariko bikajyana no kubona igisubizo kirambye.’
Umujyi wa Musanze, ukomeje kuzamuka cyane mu iterambere ndetse ni akarere k’ubukerarugendo ariko usanga aba bana biswe (Marine) barimo kunywa cole, inzoga, urumogi, itabi n’ibindi biyobyabwenge.




















