Inkongi y’umuriro yibasiwe igice kimwe cya gare ya Musanze, bigakekwa ko yatewe na gaz itekeshwa muri resitora.
Iyi nkongi yabaye kuri uyu wa mbere ahagana saa 8h00’ za mu gitondo, aho igorofa ryo muri gare ya Musanze ryibasiwe n’inkongi mu gihe hagitegerejwe kumenya icyayiteye.
Iyi nyubako yahiye niyo ikoreramo ama-office y’Ubuyobozi bwa Gare ya Musanze nandi makompanyi atandukanye, kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ishami rya police y’u Rwanda rishinzwe gukumira inkongi y’umuriro ryari rimaze kuhagera.
Dukomeje gukurikirana iyi nkuru kugira inzego zibishinzwe zigire icyo zitangaza ku cyateye iyi nkongi, ubwo baraza no kugaragaza agaciro kibyahiriye muri iri gorofa.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















