Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku magare bazwi ku izina ry’Abanyonzi, bibumbiye muri koperative C.V.M, barataka inkoni n’inshyi bakubitwa n’ababayobora bagasaba ko bayoborwa neza badahutajwe.
Bavuga ko umuyobozi wabo afatanyije n’abashinzwe kubacungira umutekano ari bo babahohotera, babakubita iyo barengeje amasaha cyangwa babafatiye mu ikosa runaka.
Abaganiriye n’ikinyamakuru Mamaurwagasabo badusabye ko amazina yabo atagaragara mu itangazamakuru kubw’mutekano wabo.
Uyu twamuhaye izina rya Munyakazi, mu gahinda kenshi yagize ati: "Abayobozi bacu baraduhohotera, iyo watinze gutaha bagukura ku igare barimo kuguhutaza ndetse hari n’igihe badukubita inshyi, gusa ntakindi twakora, ushoboye agundaguranaga nabo."
Undi mushoferi w’igare yagize ati: "Baraduhutaza niyo waba ukiva mu rugo; banagusoresha yenda utarabona amafaranga, wayabura bagapakira igare nawe bakagukubita, ugahora kuko ntakivugira tuba dufite."
Perezida w’iyi koperative, C.V.M, Mutsindashyaka Evariste yahakanye aya makuru yivuye inyuma, avuga ko nta munyonzi barakubita, gusa avuga ko hari abanyonzi bajya bashaka kurwanya ababashinzwe mu muhanda.
Yagize ati: "Nta muntu numwe urakira ikirego cy’uko umunyonzi yakubiswe kuko haba RIB, police turakorana kandi buri koperative igira amategeko ayigenga, kandi uwakoze amakosa afite amategeko amuhana."
Nubwo bamwe bashyira mu majwi uyu muyobozi yabihakanye ndetse avuga ko nta munyonzi numwe aratunga urutoki.
Yagize ati: "Abo babivuga ni abashaka guharabika bafite icyo bashaka, ntabwo arinjye ukora ibikorwa byo gufata abanyonzi mba ndi mu kugenzura uko muri koperative byifashe, icyo rero ni ikinyoma cyambaye ubusa."
Kuri ubu mu Karere ka Musanze habarwa abanyonzi bagera 1254 bamaze kuzuza ibisaba bari muri sisiteme, mu gihe hari abandi batazwi umubare bakora kinyeshyamba.



















