Hari bamwe mu baturage bakorera n’abakoresha santere ya Byangabo iherereye mu mu murenge wa Busogo w’Akarere ka Musanze bifuza kubakirwa gare itegerwamo imodoka bikaba biteza impanuka.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV, ubwo yageraga muri iyi Santere ya Byangabo aho usanga urujya n’uruza rw’imodoka n’abantu.
Ndagijimana Enock yagize ati: "Turifuza gare hano mu Byangabo, kubera ko hano ni hato cyane; murabona ko ari mu muhanda Bus nini, amataxi yose nihano aparika bigateza akajagari bityo tukaba dusaba Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze kutwubakira gare imodoka zajya ziparikamo zikava mu muhanda’’.
Undi muturage yagize ati: "Iyi Santerre yacu ya Byangabo yabaye umujyi ntabwo ikiri Santere, ariko usanga imodoka ziteza impanuka kubera ubwinshi bwazo n’uburyo ari hato, abayobozi bagiye batubwira ko bazaduha gare ariko twarategereje amaso ahera mu kirere kandi hano hahora ambutiyaje. Murabona ko imodoka zifunga umuhanda bigateza ikibazo."
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yavuze ko bazareba uburyo hakorwa inyigo yo kubaka gare muri iyi Santere ya Byangabo.
Ati: "Ntabwo turakora inyigo ya gare hariya ariko turabitekereza, kandi ikibazo cya gare ya Byangabo turimo kugitejerezaho kubera ko hagenda haguka cyane, kimwe n’ibindi bikorwa remezo."
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje





















