Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Muhe, mu kagari ka Cyivugiza mu umurenge wa Nyange mu karere ka Musanze baravuga ko babangimiwe n’umunuko uturuka mu bwiherero rusange bivugwa ko bwuzuye bugafungwa ariko bukaba budakorerwa isuku.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga aho batuye, basaba ko hagira igikorwa vuba ndetse bamwe bavuga ko biteye isoni kuba mu gace k’ubukerarugendo hagaragara icyo kibazo.
Umwe mubo twaganiye wirinze ko amazina ye ashyirwa mu nkuru yagize ati: "Biteye igisebo, kubona abashyitsi banyura hano bakakirwa n’umunuko umeze gutya, urabona ko ubu bwiherero bufatanye n’ingo z’abaturage ikindi ni kumuhanda, biragayitse cyane rwose; ubu koko akarere kabuze byibuze n’umukozi uhoraho wo kujya akora isuku?"
Akomeza bavuga ko bishobora kuzabatera indwara zitandukanye ngo kubera ko umunuko wose winjira ndetse ngo n’amasazi ava mu bwiherero akajya ku masahani yabo .
Undi witwa Mukesha yagize ati: "Ubu twiteze kuzarwara n’indwara z’ubuhumekero, urabona iyo twogeje amasahani amasazi araza akayajyaho, urabona nawe uburyo buriya bwiherero busa nabi bufite umwanda ukabije, twebwe abaturage turasaba akarere kudufasha byibuze bakajya baza no kuvidura cyangwa se bazabwimure, turabangamiwe."
Twifuje kumenya icyo ubuyobozi burimo gukora kuri iki kibazo kibangamiye imibereho myiza y’abaturage maze Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyange, NDAYAMBAJE kalima Augustin yemera ko iki kibazo gihari kandi ko agiye kuvugisha akarere ka Musanze bakareba ko basukamo umuti cyangwa bakabuvidura.
Yagize ati: "Ubu bwiherero ndabuzi ni ubwiherero rusange bwakoreshwaga n’abaturage bwaruzuye, ubuyobozi buhitamo kubufunga mu gihe tugishaka uko tubuvidura, gusa ubwo burimo guteza ikibazo tugiye kubikurikirana tubuviduze kuko nta mpamvu ko ikintu kibangamiye abaturage cyakomeza kubaho."
Umurenge wa Nyange uhanye imbibi n’Umurenge wa Kinigi, ni mu marembo y’umuhanda ugana ku gakiriro ka Nyange gakoreramo ababaji ndetse ukaba ushamikiye ku muhanda werekeza mu mudugudu w’icyitegerezo (Model Village) ba Mukerarugendo birirwa batembera muri aka gace.



















