Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Rwaza Akarere ka Musanze yatakitwe n’urukiko imyaka 16 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 34 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Yakatiwe n’urukiko Rwisumbuye rwa Musanze tariki ya 17 Nyakanga 2022.
Ubushinjacyaha bwavuze ko icyaha uriya musaza yari akurikiranweho yagikoze tariki 10 Gashyantare, 2022 mu masaha ya saa cyenda z’amanywa.
Icyo cyaha uyu mukambwe yagikoreye mu Mudugudu wa Buhama, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze.
Ubushinjacyaha bwavuze ko yashutse umukobwa ufite ubumuga bwo mu mutwe amujyana mu nzu amubwira ko agiye kumuha ibiryo aramukingirana, amukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Nyuma yaje gufatirwa mu cyuho na musaza w’uwo mukobwa wabonye ko mushiki we yagiye mu nzu y’uwo musaza agatindamo.
Bushingiye ku ngingo ya 134 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uwo musaza igihano cy’imyaka 15 n’ihazabu ya miliyoni ebyiri.
Ku myaka unushinjacyaha bwari bwamusabiye, urukiko rwayongereyeho umwaka umwe iba 16 bugerekaho na miliyoni 2.






















