Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri mu mudugudu wa Gahanga, Akagari ka Gisesero Mu murenge wa Busogo w’Akarere ka Musanze, ahazwi nko muri santere ya Byangabo ahagana saa 7h30’ za mugitondo babyutse basanga umurambo w’umusore witwa Iradukunda patience uri mu kigero cy’imyaka 27 yapfuye birakekwa ko yishwe.
Abaturage baganiriye na mamaurwagasabo TV bavuze uburyo basanze bimeze aho bavuga ko ashobora kuba yishwe ngo kubera ko ejo yari yiriwe ari muzima ndetse ngo saa 20h00’ z’ijoro bamubonye.
Nzamuye Tharcisse yagize ati ”Twabyutse tumenya amakuru ko umusore wacu witwa Iradukunda yishwe ariko turimo gukeka kubera ko ejo yari muzima ntakindi kibazo yarafite, ubwo inzego zigomba gukora iperereza hakamenyekana icyo yazize.”
Undi muturage yagize ati” Ejo naramubonye avuye kuvoma ntakibazo afite ariko dutunguwe no kumva Inkuru yincamugongo ko yapfuye, ariko bashakishe mu basore bakunze kugendana nawe kuko yahemukiwe baza kumujugunya hano.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo Manzi Jean Pierre yemeje aya makuru asaba n’abaturage kujya batangira amakuru ku gihe.
Ati”Ahagana saa 7h30’ za mugitondo hari umusore uri mu kigero cy’imyaka 27 witwa Iradukunda Patience wasanzwe yitabye Imana aryamye ku nzu, mu karima k’ibishyimbo nta nibwo hahise hamenyekana uwariwe ariko uko abaturage bahageze, ababyeyi be nabo babonetse barahari ,Ibirimo kuvugwa ko yishwe harimo gukorwa iperereza mwabonye ko RIB Yahageze izatanga amakuru yimpamo, Mbere na mbere turihanganisha umuryango we, Ndetse turasaba abaturage kujya batanga Amakuru ku gihe bakayaha abayobozi ndetse na polisi.”
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco yagize ati
”Twabimenye Kuwa 20/05/2025
Saa 07:30hrs Akarere ka Musanze
Umurenge wa Busongo Akagali kaGisesero Umudugudu wa Gahanga Ahavuzwe haruguru habonetse Umurambo w’Umusore witwa Iradukunda Patience27 yrs Mwene Muramutsa Aloys 49 yrs na Mujawamariya Béatrice 47 yrs batuye mu mudugudu wa Jabiro
Akagali ka Gisesero Umurenge wa BUSOGO Akarere ka Musanze.
Yakomeje agira ati”Kugeza ubu ntiharamentekana icyamwishe
Hatangiye iperereza kucyateye urupfu rwa nyakwigendera
Umurambo woherejwe kubitaro bya Ruhengeri gukorerwa Autopsy.”
Mujawamaliya nyina wa nyakwigendera,yavuzeko amuheruka kuwa 19/05/2025; isaa 8:00hrs z’umugoroba.
Kugeza ubu ntiharamentekana icyamwishe.






















