Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yemeje ko Yoweli Kaguta Museveni ariwe watowe ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 58,64% mu gihe uwo bari bahanganye Bobi Wine yagize 34,83%.
Museveni agiye kuyobora manda ye gatandatu, izatuma yuzuza imyaka 40 ku butegetsi.
Yoweli Kaguta Museveni agiye kuyobora mand ya gatandatu ayobora Uganda, kuko yagiye ku butegetsi mu 1986 igihe Bobi wine yari afite imyaka 3 y’amavuko.
Nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa cumi ari nabwo bwa nyuma, muri iki gihugu ubu umutekano wakajijwe, igisirikare kiri hose mu mugi wa Kampala, indege ziri mu kirere n’ibimodoka by’ibiaru bigendagenda mu makaritsiye. Ba mudausha nabo bari hejuru ku nyubako ndende zo mu migi nka Kampala, bareba niba hari abahirahira guteza imvururu ngo babatatanye.
Aya matora ya perezida yabereye umunsi umwe kandi n’ay’abadepite aho bari gutora abagera kuri 500 bazasimbura abari basanzwe mu nteko ishinga amategeko ya Uganda.
Aya matora kandi azakomereza ku y’abayobozi mu nzego z’ibanze nayo azageza muri Gashyantare 2021.

















