Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Mushikiwabo yabuze umuvandimwe

Monday 29 July 2024
    Yasomwe na

Mu butumwa bw’akababaro yahuye nako, Louise Mushikiwabo, yashenguwe n’akababaro ko kubura umuvandimwe we, musaza we Kayiranga Wellars, wari uzwi nka Karateka.

Ubutumwa yashyize ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko Nyakwigendera yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024.

Yagize ati: “Muri iki gitondo twabuze musaza wacu dukunda cyane, Wellars Kayiranga “karatéka”.

Mushikiwabo yatangaje ko Nyakwigendera yarwaye igihe gito ariko aza koroherwa amera neza.

Nyuma yo koroherwa bombi ngo bongeye gutegura imihigo myinshi ariko ngo inzira y’ubuzima ntibwira umugenzi.

Akomeza agira ati: “Ku bana be n’umugore we; turahari! Ruhukira mu mahoro muvandimwe dukunda!”

Mushikiwabo ntiyigeze atangaza igihe Nyakwigendera, musaza we, azashyingurirwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru