Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Mutesi Scovia yatorewe kuyobora Urwego rw’Abanyamakuru RMC

Friday 15 November 2024
    Yasomwe na

Umunyamakuru ScoviaMutesi, akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Mamaurwagasabo Ltd
yatorewe kuba Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (Rwanda Media Commission, RMC), umwanya yasimbuyeho Cleophas Barore.

Ni inama y’Ubutegetsi igizwe n’abandi banyamakuru batatu batowe barimo Girinema Philbert, umwanditse mukuru wa IGIHE, Nyirarukundo Xavera wa Radio y’igihugu RBA na Rwanyange Anthere uyobora Panorama.

Ni amatora yabereye i Kigali, aho yari agamije gusimbuza abayobozi b’uru rwego bari bamazeho imyaka itari mike, ndetse yaje no kurenza Manda bari batorewe, hatangwa impamvu z’icyorezo cya COVID-19.

Mu migabo n’imigambi ye ubwo yari amaze kwamamaza akemera guhatana, Scovia Mutesi yabanje kukwira inteko itora icyo ikwiye gushingirwaho imugirira icyizere cyo kuyobora Urwego RMC.

Yagize ati: "Ntimuntorere ubugore, muntorere ubushobozi."

Inama y’Ubutegetsi ya RMC kandi izaba igizwe n’abandi bantu batatu batari abanyamakuru. Abo ni Uwimana Jean Pierre usanzwe ari umwarimu mu Ishuri ry’Itangazamakuru muri Kaminuza y’u Rwanda, Me Muhirwa Ngabo Audace wo mu Rugaga rw’Abavoka na Dr. Liberata Gahongayire wo muri Sosiyete Sivile.

Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru