Ikigo cy’igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), bwatangiye ubukangurambaga ku isuzuma ry’ubushobozi bw’abanyeshuri (PISA2025).
Ubuyobozi bwa NESA buvuga ko amashuri 213 yo mu Rwanda afite abanyeshuri 7445 ariyo azitabira isuzuma Mpuzamahanga ry’abanyeshuri rya PISA 2025, rigamije gusuzuma ubushobozi bw’abanyeshuri mu guhatana n’ibindi bihugu byo ku Isi.
Ubwo yatangizaga ubu bukangurambaga Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bahati Bernard Yasobanuye ko iri suzuma Mpuzamahanga rizakorwa n’abanyeshuri bafite imyaka 15 na 16 .
Yagize ati: "Bazaba ari abanyeshuri baturuka mu mashuri 213 yo mu gihugu hose, ni isuzuma rizakorwa mu masomo atatu ariyo imibare, ubumenyi (Science) n’icyongereza.
Iri suzuma rizakorerwa mu bihugu 91 byo ku Isi, muri Afurika rikaba rizakorerwa mu bihugu by’u Rwanda, Kenya,Moroc na Zambia.”
Isuzuma rya PISA ryatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu ku bufatanye n’Iterambere (OECD), aho muri ibyo bihugu abana bageze ku myaka 15 baba bageze igihe cyo kwifatira icyemezo cyo kujya mu buzima busanzwe cyangwa se bakaba bakomeza amasomo yisumbuyeho.
Iki gikorwa cyatangirijwe mu mujyi wa kigali, ku mashuli ya ES Kanombe/ EFOTEC ariko no mu tundi turere tw’Igihugu dufite abana bazitabira PISA2025.
Ubu bukangurambaga bugamije gusobanurira abafatanyabikorwa mu burezi bw’ u Rwanda cyane abanyeshuri, abarimu, ababyeyi abayobozi b’amashuri, abayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abanyarwanda muri rusange.
Ibijyanye n’iri suzuma mpuzamahanga rizakorwa mu Rwanda kuva ku wa 27 Mata kugeza ku wa 7 Kamena 2025, ibi bikorwa byateguwe n’Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje




















