Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko guhera kuri uyu wa Gatanu bitakiri itegeko kwambara kwambara Agapfukamunwa kari kamaze imyaka irenga Ibiri nta muntu wemerewe kujya mu ruhame atambaye Agapfukamunwa n’amazuru
Ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Gicurasi 2022, iyobowe na Nyakubahwa Perezida Kagame Paul.
Icyakora abantu barashiahikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi.
Abaturage barakangurirwa kandi gukomeza kwipimisha no kubahiriza ingamba zo kurwanya covid-19.
Abanyarwanda barasabwa gukomeza kwikingiza byuzuye kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi.















