Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Jenda mu Kagari ka Gasizi baravuga ko barembejwe n’indwara zituruka ku mwanda bitewe nuko bavoma amazi mabi, bakifuza ko bagezwaho amazi meza.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge, bagasaba ubuyobozi ko barambiwe kuvoma ibirohwa bituma barwara indwara zirimo inzoka zo munda.
Mukeshimana Dativa yagize ati: "Tumaze igihe kirekire tuvoma ibiziba, abana bacu inzoka zarabazahaje leta, idufashije tukegerezwa amazi meza twagira ubuzima bwiza ndetse ntituzongere kurwaragurika, tumerewe nabi."
Aba baturage bakomeza bavuga ko kuba abana banywa amazi mabi bibaviramo no kugwingira ntibakure neza kubera guhora barwaragurika; bakavuga ko akarere kagerageje kubaka ikigega cy’amazi muri uyu musozi bavomaho amazi y’ibirohwa ariko ngo nacyo ntabwo cyamaze igihe.
Undi muturage witwa Ntwali Zidane yagize ati :"Bagerageje kubaka ikigega kugira ngo amazi ajye ajyamo bizere ubuziranenge bwayo ariko nacyo nticyamaze kabiri , amatiyo yahise yangirika, turasaba ko baduha amazi meza."
Usibye kuba batagira amazi meza, aba baturage bakomeza bavuga ko iyo ukeneye amazi meza bibasaba gukora urugendo rw’amasaha arenga abiri bakajya kuvoma mu murenge wa Mukamira.
Gisubizo Olive yagize ati: "Njye ubu naturutse mu mpinga nza hano kuvoma ibiziba hano mu Gafuku, ubu ndagerayo bwije; ibaze kuva hano muri uyu murenge wa Jenda tukajya kuvoma mu murenge wa Mukamira, turavunika cyane."
Twagerageje kuvugisha Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Madamu Mukandayisenga Antoinette ntiyabasha kutuvugisha kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ndetse n’ubutumwa bugufi twamwandiye ntiyigeze abusubiza.

















