Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Nyabihu: Hari umukozi w’akagari ushyirwa mu majwi n’abaturage kubaka ruswa mu guhabwa ibyiciro by’ubudehe

Friday 8 July 2022
    Yasomwe na

Ynaditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Jenda, akagari ka Nyirakigugu, barashyira mu majwi umukozi w’akagari ka Nyirakigugu kubaka ruswa kugira ngo bahabwe ibyiciro by’ubudehe.

Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri uyu murenge wa Jenda bavuga ko bahangayikishijwe nuko nta byiciro barimo guhabwa kubera kudatanga amafaranga baba basabwe na bamwe mu bayobozi bo ku Kagari.

Musanabera niyo mazina tumuhaye ku bw’umutekano we, yagize ati "Batwaka ruswa kugira ngo baduhe icyiciro rimwe na rimwe bakoresha amarenga, aho bavuga ngo network zanze buri munsi, kugeza wibwirije ukagira icyo utanga. Baraturembeje ahubwo tukibaza niba umuntu iyo yishyuye ubwisungane azanye inyemezabwishyu hari andi asabwa gutanga kugira ngo tubimenye."

Undi muturage, n’ikiniga cyinshi aho twamusanze iwe, yabuze uko ajya kuvuza umwana we kuko yarimo arira cyane.

Yagize ati, "Njye namuhaye 5000rwf nzi ko amfasha akanyinjiza mu mashini nkabona icyiciro n’umwana wanjye na se none kugeza ubu sindabona icyiciro, ngerayo ntibamfashe ashobora kuba akeneye andi, dukomeje kurengana kandi amafaranga ya mituweri nayo narayishyuye rwose."

Undi mu byeyi nawe utifuje ko amazina ye tuyashyira mu nkuru yagize ati, "Njye ntuye Cyamabuye muri aka Kagari ka Nyirakigugu, Sedo (ushinzwe imibereho n’iterambere mu kagari) utamuhaye amafaranga ntashobora kuguha icyiciro cyangwa ngo akwinjize mu mashini, ahubwo mutubarize leta niba ariyo yashyizeho ayo mafaranga abaturage tubimenye, ubu nta mwana ashobora kwandika ku mugereka utagize icyo utanga."

Ku ruhande rw’ushyirwa mu majwi, yabihakanye yivuye inyuma avuga ko bamubeshyera.

Yagize ati "Guhabwa ikiciro nta kigizi, abo babivuga uzabazane banshinje, amafaranga tubasaba n’aya Mituweri gusa ntayandi arenzeho rwose, muzakomeze mubikurikirane."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’umurenge buvuga kuri iki kibazo maze Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, Bwana Ingabire Claude, avuga ko bidakwiye kandi uwo byagaragaraho yabihanirwa n’amategeko ndetse yasabye abaturage kwirinda igisa na ruswa icyari cyo cyose mu gihe bakeneye serivisi runaka mu nzego za leta.

Gitifu Ingabire Claude yagize ati "Ntibikwiye rwose kugura serivisi, umuyobozi uwo ari we wese twamenya ko akora ayo manyanga yabihanirwa, ntabwo umuturage yemerewe kugura serivisi kandi nabo ndabasaba kureka kujya bagira ikiguzi batanga mu gihe bakeneye serivisi runaka, ubwo ngiye kubikurikirana, murakoze ku makuru muduhaye."

Aba baturage barasaba ko bahabwa ibyiciro by’ubudehe vuba kuko abana bakomeje kurembera mu rugo kandi baramaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweri) ariko bagatinzwa no kwinjizwa muri sisiteme bitewe nuko bene abo bayobozi bakeneye ruswa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru