Ni mu murenge wa Karama ahari gukorera umushinga wo kubaka urugomero rwa Muvumba multipurpose dome, Abaturage bafitemo ubutaka bahawe ingurane bavuga ko ibyabayaho ati akarengane gakomeye ngo kuko amafaranga bahawe ntahandi yagura ubutaka urugero ni uyu uvuga ko yahawe ibihumbi magana abiri gusa kubutaka yaguze arenga million y’amanyarwanda.
Ezeckerie Manirakiza yagize ati ‘’ni akarengane nonese ko amafaranga twaguze ubu butaka ntanakimwe cyakabiri twahawe cy’ayo twatanze twe tubona ari akarengane kuko igiciro bafatiyeho rwose ntanagace ‘ubutaka wabona aha hanze’’.
Mukamurisa Valantine yagize ati ‘’ Reba ubu butaka ukuntu bungana bampaye miriyoni ebyiri gusa pe kandi bwar buntungiye abana bwarabigishije ndinumupfakazi ariko barabujyanye none amafaranga bari gutanga ku izina ntanikibanza cyavamo’’
Aba baturage bavuga ko ubu butaka bwari bubafatiye runini bityo ko bishobotse bari bubaguraniremo ubundi butaka kurusha kubaha amafaranga atazagira icyo abamarira.
Mukamurisa Valantine yongeyeho ati ‘’ twe dukurikije ubutaka batwatse rwose tubona bakwiye kutuguranira bakaduha ubundi butaka bungana n’ubwo batwaye kuko rwose amafaranga baduhaye ntaho ahuriye n’ubutaka batwaye’’.
Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Nyagatare Kakooza Henry avuga ko mu gihe umuturage yaba atishimiye ingurane yahawe yagana ubuyobozi bukamufasha.
Yagize ati ‘’ Buri muturage afite uburenganzira ku butaka bwe ubwo uwumva yararenganyijwe yagana ubuyobozi bukamufasha’’.
Umushinga wa Multipurpose dome ugiye kubakwa muri uyu murenge witezweho gutanga amazi n’amashanyarazi kubaturage aho uzatanga Metero kibe ibihumbi 55000.
HAKIZIMANA Fisto




















