NIYOMURENGEZI David uri mu kigero cy’imyaka cumi n’umunani uvuga ko yakoze akazi ko gutunganya ibiribwa by’amatungo akoresheje imashini yitwa Chop machine nyuma akaza kugirira impanuka mu kazi yakoranaga n’umukire witwa Mujyarugamba avuga ko yahise yirukanwa ndetse ubu akaba abayeho nabi bikabije nk’uko twasanze aryamye ntawe wo kumuha akazi afite.
Uyu musore yagize ati ‘’Nakoraga akazi ka Mujyarugamba ndimo ndashira ubwatsi mu mashini imashini irangije imfata ukuboko ubu inzara iranyica ntakintu yigeze amfasha, mbere nafashaga abana bo mu rugo ubu ngubu nange inzara iranyica’’
Ni ikibazo cyagize ingaruka kuri murumuna we ngo kuko n’ishyuri yigaga ryarahagaze ubu akaba asaba gufashwa. Murumuna we tutifuje kugaragaza mu itangaza makuru yagize ati ‘’ mukuru wange nyine ubwo ngubwo ni ugukena nonese ubwo ngubwo twabaho dute wend aiyo nabonye akazi ndakora ariko ubu uyu munsi bwo kabuze ninge usigaye umutunze nyuma y’uko akoze imanuka twifuza y’uko inzego zamfasha nkabasha kwiga’’.
Abaturanyi be nabo basanga uyu mwana yarakwiye gufashwa ndetse nabo yakoreraga bakamugoboka. Sekamana Obed yagize ati ‘’ baramutereranye nonese ubuyobozi bwabagezeho ni ubuhe ngo barebe uko babayeho urumva ko babateranye’’.
Uyu Mujyarugamba avuga ko uyu musore atariwe yakoreye ndetse ko company yitwa Hello Tractor yakoreraga yari yaramwishyuriye ubwishingizi ariko ko babuze uburyo bamugeraho.
Ku muronko a wa terefone yagize ati ‘’ Si akazi kange ni aka kampani yakoreraga akomerekeramo kandi afite insurance impapuro barazibatse banga kuzitanga, ibyo babatereranye ni ibiki ko terefone bazikuyeho bakaba batanitaba, fone ntayo agira terefone igira se ntajya ayitaba’’.
Ubuyobozi bw’akarere ntacyo buratangaza kuri iki kibazo kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru.
Impanuka uyu musore yagize yayigize mu mwaka wa shize, uyu munsi nta nyina afite ndetse na se ntakibana nawe kuko yabataye ibituma murumuna we w’imyaka 14 gusa ariwe utunga urugo.
HAKIZIMANA Fisto





















